Amakuru mashya ku guhemberwa kuri Tiktok mu Rwanda

Feb 20, 2026 - 16:10
 1
Amakuru mashya ku guhemberwa kuri Tiktok mu Rwanda

Amakuru mashya ku guhemberwa kuri Tiktok mu Rwanda

Feb 20, 2026 - 16:10

Hanyomojwe amakuru amaze iminsi avuga ko u Rwanda rwahawe uruhushya rwo guhembwa na Tiktok yari amaze igihe ahwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma y'amakuru yari ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye mu bakoresha izi mbuga havugwa tangwa kw'uruhushya rwemerera abanyarwanda guhemberwa ku rubuga rwa Tiktok byashyizweho umucyo.

Nii amakuru mashya avuguruza ayari amaze igihe abeshywa aho kuri iki gicamunsi cyo kuwa 20 Gashyantare 2026,Minisiteri y'ikoranabuhanga n'udushya imaze gushyira hanze itangazo rimenyesha abantu bose ko aaya makuru ari ibihuha iyi gahunda y'uruhushya kuri Tiktok itari yo.

Aya makuru y'ibeshywa ryo guhembwa na Tiktok ku banyarwanda bayishyiraho ibihangano yaje nyuma y'uko ikibazo cy'inzira zigoye zo gukura amafaranga kuri izi mbuga nkoranyambaga kibajijwe mu inama y'igihugu y'umushyikirano,Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame agatanga ikizere ku bafite iki kibazo ko bigomba gukorwaho.

Nyuma gato hagarutse andi makuru aturuka muri Minisiteri y'urubyiruko n'iterambere ry'ubuhanzi avuga ko iki kibazo kiri munzira nziza zo gukemurwa kuko ibiganiro hagati y'inzego zombi bigeze kure kandi ko hari ikizere ko bizakunda mu gihe kitarambiranye.

Si Tiktok gusa kuko no ku zindi mbuga nkoranyambaga kubonaho amafaranga akenshi bisaba kwitiza ubwenegihugu bwa bimwe mu bihugu byemerewe guuuuuembwa naz nka Youtube,Facebook n'zindi.