APR FC yasezereye KIYOVU Sport: uko imikino yarangiye mu gikombe cy'amahoro
APR FC yasezereye KIYOVU Sport: uko imikino yarangiye mu gikombe cy'amahoro
Amakipe arimo APR FC na Gasogi yamaze gukatisha itike iyajyana muri kimwe cya Kane cy'igikombe cy'amahoro.
Kuri uyu wa 04 Werurwe 2026 imikino y'igikombe cy'amahoro yakomeje amakipe arimo APR FC na Bugesera Fc abona itike iyajyana mu kiciro gikurikira Nyuma yo kwitwara neza mu mikino yombi yabanje.
Mu mikino yabaye uyu munsi hari uwa APR FC yakinnye n'ikipe y'urucaca ya KIYOVU Sport uyu mukino ukarangira amakipe yombi aguye miswi ubusa ku busa cyakora APR FC igakomeza kubera ibitego yabonye mu mukino wabanje bibiri ikazamuka ku giterango cya 2 kubusa bwa KIYOVU Sport.
Ku ruhande rwa Bugesera Fc nayo yaguye miswi na AMAGAJU FC ariko Bugesera Fc ikaba yakomeje ibikesha ibitego bibiri yari yatsinze nayo ku mukino wabanje kuri kimwe cya AMAGAJU bikaba byayihesheje insinzi ku giteranyo cya bine kuri bitatu.
Aya makipe azakina kimwe cya Kane aho APR FC izakina na Gasogi yakuyemo Musanze FC naho Bugesera icakirane na Etincelles muri 1/4 cy'igikombe cy'amahoro kiba buri mwaka.
Muyindi mikino yabaye ni uwahuje Mukura Victory sports yatsinzwe na Etincelles ibitego bitatu kuri bibiri ikavamo ku giteranyo cya 4 kuri 4 kubera ibitego bike yatsindiye hanze.
As Kigali nayo yanganyije na Marine FC kimwe kuri kimwe nayo izamuka kubera ibitego yatsindiye hanze aho igiteranyo cyari bitatu kuri bitatu mu mikino yombi yabahuje.





