Burera: Abagabo babiri bakubiswe n’inkuba bahita bapfa

May 4, 2026 - 08:18
 0
Burera: Abagabo  babiri bakubiswe n’inkuba bahita bapfa

Burera: Abagabo babiri bakubiswe n’inkuba bahita bapfa

May 4, 2026 - 08:18

Inkuba n’imvura nyinshi byahitanye abaturage barindwi mu turere twa Burera, Rubavu na Rutsiro, bitera impungenge abaturage mu gihe ubuyobozi bukomeje gukangurira abantu kwirinda ibiza.

Ku wa 03 gicuransi 2026 mu Karere ka Burera, abantu babiri bapfuye bakubiswe n’inkuba mu murenge wa Rwerere nuwa Cyeru habita bapfa. 

Umwe muri bo yari umugabo w’imyaka 39 wo mu Kagari ka Gacundura, Umudugudu wa Sarambwe mu Murenge wa Rwerere, wakubiswe n’inkuba ahagana Saa Munani n’Igice z’amanywa ari mu nzu hamwe n’umuryango we.

Amakuru ava muri ako gace avuga ko inkuba yakubise iyo nzu mu gihe imvura yari irimo kugwa ari nyinshi cyane, uwo mugabo ahita apfa, mu gihe abandi bo mu muryango we barokotse bafite ihungabana rikomeye.

Uyu mugabo yasize umugore n’abana bane, aho abaturage bavuga ko yari umuntu uzwiho gukunda umurimo no kwita ku muryango we.

Undi wahitanywe n’inkuba muri Burera ni umugabo w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Ruyange, Umudugudu wa Gatagarajite mu Murenge wa Cyeru. We yakubiswe n’inkuba avuye gushakira ubwatsi amatungo ye, mu gihe imvura yari yatangiye kugwa.

Abaturage bavuga ko yagerageje gushaka aho akinga imvura, ariko inkuba imufatira mu nzira mbere y’uko agera iwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Mukamana Soline, yavuze ko ubuyobozi bwihanganishije imiryango yabuze ababo ndetse bukomeje gukangurira abaturage kwitwararika muri ibi bihe by’imvura nyinshi.

Yagize ati: “Turihanganisha imiryango yabuze abayo kubera ibi biza. Turasaba abaturage gukomeza kwirinda no gukurikiza amabwiriza atangwa mu rwego rwo kwirinda inkuba n’ibindi biza.”

Mu Karere ka Rubavu n’aka Rutsiro ho, inkuba yahitanye abandi bantu batanu mu bihe bitandukanye, ibintu byateye impungenge abaturage bo muri utu turere twibasiwe n’imvura nyinshi muri iyi minsi.

Amakuru ava muri utu turere avuga ko bamwe mu bahitanywe n’inkuba bari mu bikorwa by’ubuhinzi, abandi bari mu ngendo zitandukanye ubwo imvura yavaga ari nyinshi cyane.

Abaturage bavuga ko inkuba zakubise inshuro nyinshi, ndetse hamwe na hamwe umuyaga mwinshi wangiza ibisenge by’amazu n’imyaka y’abaturage.

Inzego z’ibanze n’izishinzwe imicungire y’ibiza zikomeje gusaba abaturage kwitwararika, birinda kugama munsi y’ibiti, guhagarara hafi y’insinga z’amashanyarazi no gukoresha ibikoresho by’amashanyarazi igihe cy’inkuba.

Abahanga mu by’iteganyagihe bavuga ko imvura ishobora gukomeza kugwa mu bice bitandukanye by’igihugu muri iyi minsi, bityo abaturage bagasabwa gukomeza kuba maso no gukurikiza amabwiriza atangwa n’inzego zibishinzwe kugira ngo hirindwe impanuka zishobora guterwa n’ibi biza.