Corneille Nangaa yaciye amarenga ku iherezo rya Perezida Tshisekedi: "Iminsi ye irabaze"

May 9, 2026 - 11:24
 0
Corneille Nangaa yaciye amarenga ku iherezo rya Perezida Tshisekedi: "Iminsi ye irabaze"

Corneille Nangaa yaciye amarenga ku iherezo rya Perezida Tshisekedi: "Iminsi ye irabaze"

May 9, 2026 - 11:24

Corneille Nangaa (AFC/M23) yaburiye Perezida Tshisekedi ko iminsi ye ku butegetsi ibaze, nyuma y'aho uyu Mukuru w'Igihugu acaniye amaremare kuri manda ya gatatu no gusubika amatora yo mu 2028 yitwaje intambara.

Ubusumbane n’umwuka w’intambara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukomeje gufata indi ntera, nyuma y’aho umuyobozi w’ihuriro rya AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, atangarije ko ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi buri mu marembera.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Goma ku wa 8 Gicurasi 2026, Nangaa yagaye cyane umugambi wa Tshisekedi wo gushaka guhindura Itegeko Nshinga ngo yongere manda, amuburira ko uwo mugambi utazamuhira.

Ibi bije bikurikira ijambo rya Perezida Tshisekedi ryo ku wa 6 Gicurasi 2026, aho yeruye ko amatora yo mu 2028 ashobora kutazaba mu gihe intambara yo mu Burasirazuba bw’igihugu yaba igikomeje. Tshisekedi kandi yagaragaje ko Itegeko Nshinga rishobora kuvugururwa, ndetse ashimangira ko nubwo adashaka manda ya gatatu, abaturage nibabimusaba "atazabyanga".

Corneille Nangaa yacyuriye Tshisekedi, amwibutsa uburyo yaherutse gusaba imbabazi Abanye-Congo kuko atashoboye gutera u Rwanda nk’uko yabisezeranyije. Nangaa yagize ati:

"Ejo ntimuzatungurwe kuko azagenda mu minsi iri imbere... Azavuga ati 'Sinari nzi ko ari njye wagombaga kurinda umutekano wa Congo'."

Guhindura Itegeko Nshinga: "Niba ari umugabo, nabikorere"

Nangaa yagaragaje ko AFC/M23 itazigera yemera ko Itegeko Nshinga rihindurwa kugira ngo Tshisekedi akomeze kugundira intebe y’icyubahiro. Yahamagariye Abanye-Congo bose, abari mu gihugu n’abari hanze yacyo, ndetse n’abanyapolitiki bari mu ihuriro rishyigikiye ubutegetsi (Union Sacrée) bamuvugisha mu ibanga, kwiyunga kuri AFC/M23 kugira ngo batabare igihugu.

Uyu muyobozi w’inyeshyamba yashimangiye ko igihe kigeze ngo Abanye-Congo bahindure amateka, kuko ubutegetsi bw’i Kinshasa bugaragaza intege nke n’urujijo, aho Perezida avuga ko yabeshywe imbaraga z’igisirikare cye cyarinjiriwe n’abanzi.

CYIZA Theogene FOLLOW ME ON