Cristiano Ronaldo yuriye indege ava muri Arabia saudite igitaraganya

Mar 3, 2026 - 15:35
 0
Cristiano Ronaldo yuriye indege ava muri Arabia saudite igitaraganya

Cristiano Ronaldo yuriye indege ava muri Arabia saudite igitaraganya

Mar 3, 2026 - 15:35

Umukinnyi mpuzamahanga Cristiano Ronaldo yafashe rutemikirere ava mu gihugu akinamo shishi itabona kubera umutekano muke.

Amakuru y'urugendo rutunguranye rwa Cristiano Ronaldo rwabaye mu rukerera rwo kuwa 03 Werurwe 2026 ubwo uyu mugabo w'umunyabigwi ku isi byumwihariko mu mupira w'amaguru yabonaga aho yari asigaye aba hadatekanye.

Mu makuru Ari ahagaragara ntabwo harimo ashimangira niba yaba yajyanye n'umuryango we cyakora akaba yajyanye n'umufasha we ndetse n'abana babo aho bari basanzwe baba muri Arabia saudite akina ho mu mujyi wa Riyad.

Ronaldo yavuye muri Arabia saudite aho akina mu ikipe ya Al Nasr cyakora akaba ataratangaza byinshi ku cyo agiye gukurikizaho nubwo hemejwe ko yagiye kuba Ari I Madrid mu gihugu cya espagne asanzwe afite inshuti,imitungo ndetse n'imishinga yasize yo imwinjiriza agatubutse dore ko Ari agace yubakiyemo amateka ubwo yakinaga mu ikipe ya real Madrid.

Biravugwa ko Kandi hari abandi bantu bakomeye bamaze gufata umwanzuro wo kuva muri Arabia saudite Nyuma y'ibimenyetso by'umutekano muke ushobora kuba muri iki gihugu bifitanye isano n'intambara irimo ibihugu nka Iran,Leta zunze ubumwe za amerika n'ibindi.

Muri abo bamaze kugaragaza ko kuva muri Arabia saudite Ari amahitamo ashoboka harimo umukinnyi wahoze mu ikipe ya Manchester united yo mu bwongereza aho na Ronaldo yaciye abo Bose bakaba bavuga ko Ari bwo buryo bwiza bwo kurinda no gukiza amagara.

Ronaldo Yahunze