Dore impamvu umuhanzi ukomeye mu gihugu cya Uganda afunzwe nyuma yo kuva guhura na Perezida Museveni
Dore impamvu umuhanzi ukomeye mu gihugu cya Uganda afunzwe nyuma yo kuva guhura na Perezida Museveni
Umuhanzi w’Umunya-Uganda Alien Skin, uzwi mu ndirimbo "Fangone Forest," agiye kugezwa imbere y’ubutabera nyuma yo gusagarira abaganga ku Bitaro bya Nsambya.
Iyi myitwarire yaturutse ku gahinda k’urupfu rw’inshuti ye, Joram Tumwesigye, wapfiriye mu mpanuka y’imodoka. Polisi yataye muri yombi uyu muhanzi nyuma yo gukomeretsa abaganga n’abashinzwe umutekano.
Aregwa icyaha cyo kwibasira abaganga, ariko Polisi yaje no gutangaza ko hari n’ikindi kirego cy’ubujura n’urugomo yari yaregewe mu kwezi kwa Nzeri 2024. Byavuzwe ko Alien Skin yagaragaye mu kabari ka H&M i Makindye akubita Salim Mubiru akamwambura amafaranga n’iPhone 15 Pro.
Mbere y’ibi bibazo, Alien Skin yari mu bihe by’ubudasa nyuma yo guhura na Perezida Yoweri Museveni. Muri iyo nama, Perezida yamushimye ku ruhare yagize mu guteza imbere urubyiruko rwakiriye neza ubutumwa bw’indirimbo ze. Museveni yamugaragaje nk’urugero rwiza rw’umuhanzi washoboye gukoresha impano ye mu buryo bufasha abandi.
Ibi bibazo byatumye benshi bibaza ku hazaza h’uyu muhanzi, dore ko yari amaze kumenyekana cyane mu gihugu no hanze yacyo kubera umuziki we. Kugeza ubu, urukiko rurateganya gufata umwanzuro ku byaha akurikiranyweho, mu gihe abafana be bamugiriye inama yo gusaba imbabazi no kwerekana icyubahiro mu bikorwa bye byose.
Polisi ya Uganda yavuze ko itahaye agaciro ibikorwa by’urugomo byagaragaye kuri Alien Skin, ahanini bitewe n’imvururu zo ku bitaro bya Nsambya aho abakozi b’aho, barimo abaganga n’abashinzwe umutekano, bakubiswe mu mvururu zari zatejwe na we.
Umuvugizi wungirije wa Polisi ya Kampala, Luke Owoyesigyire, yavuze ko ibi byatumye Alien Skin asabwa gutanga ibisobanuro kuri izo mvururu ndetse n’icyaha cy’ubundi bwambuzi n’urugomo yavuzweho, aho yashinjwaga kwiba Salim Mubiru amafaranga na telefone iPhone 15 Pro. Polisi yavuze ko izi dosiye zizashyikirizwa urukiko kugira ngo rukore iperereza ryimbitse.
Owoyesigyire yagaragaje ko iki ari ikimenyetso cy’uko nta muntu ukwiye kujya hejuru y’amategeko.





