Ebola yongeye kwaduka muri RDC, abantu barenga 60 bamaze guhitanwa na yo

May 15, 2026 - 13:48
 0
Ebola yongeye kwaduka muri RDC, abantu barenga 60 bamaze guhitanwa na yo

Ebola yongeye kwaduka muri RDC, abantu barenga 60 bamaze guhitanwa na yo

May 15, 2026 - 13:48

Ebola yongeye kwaduka muri RDC mu Ntara ya Ituri, aho abantu 65 bamaze gupfa mu bakekwaho ko banduye basaga 240.

Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya ibyorezo, Africa CDC, cyatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane mu Ntara ya Ituri, aho kimaze guhitana abantu benshi ndetse kigateza impungenge mu bihugu bihana imbibi na RDC.

Ibi byatangajwe nyuma y’uko ibipimo byafashwe ku bantu bakekwagaho iyi ndwara bisuzumwe muri laboratwari, hagasangwa 13 muri 20 byaragaragayemo virusi ya Ebola.

Nk’uko Africa CDC yabitangaje, abantu 246 bakekwaho kuba banduye Ebola, mu gihe 65 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Mu bapfuye harimo bane bamaze kwemezwa n’ibizamini bya laboratwari ko bari banduye Ebola.

Aho iki cyorezo cyibasiye cyane harimo uduce twa Mongwalu na Rwampara, mu gihe no mu Mujyi wa Bunia hagaragaye abantu bakekwaho iyi ndwara nubwo ibisubizo bya laboratwari bitarajya hanze.

Abashinzwe ubuzima bagaragaje impungenge z’uko Ebola ishobora gukwirakwira vuba kubera ko aho yagaragaye harimo uduce dutuwe cyane ndetse hakorerwa ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, aho abantu benshi bahurira.

Hari kandi ubwoba bushingiye ku kuba utu duce twegereye imipaka ya Uganda na Sudani y’Epfo, ibintu bishobora gutuma iyi ndwara yambuka imipaka mu buryo bworoshye.

Africa CDC yahise itumiza inama yihutirwa yahuje inzego z’ubuzima za RDC, Uganda na Sudani y’Epfo, hamwe n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga barimo inzego z’Umuryango w’Abibumbye.

Iyi nama yibanze ku gushaka uburyo bwo gukaza ingamba zo gukumira ikwirakwira rya Ebola, harimo kugenzura abantu ku mipaka, kongera ubushobozi bwa laboratwari, gushaka ibikoresho byo kwirinda no gukomeza ubukangurambaga ku baturage.

Abashinzwe ubuzima bavuga ko Ebola ari indwara yandura cyane binyuze mu matembabuzi y’umubiri w’umuntu wanduye, gukora ku bikoresho yakoresheje cyangwa gukora ku muntu wapfuye azize iyi ndwara.

Bimwe mu bimenyetso byayo birimo umuriro mwinshi, kubabara umutwe, imikaya n’imihogo, umunaniro ukabije ndetse no kuva amaraso mu bihe bikomeye.

Ebola yagaragaye bwa mbere mu 1976, bikekwa ko yakomotse ku nyamaswa z’agacurama. RDC ni cyo gihugu kimaze guhura n’iki cyorezo inshuro nyinshi, aho iyi ari inshuro ya 17 Ebola ihagaragaye muri iki gihugu.

Icyorezo gikomeye cyane cya Ebola muri RDC cyabaye hagati ya 2018 na 2020, icyo gihe gihitana abantu basaga 2,300. No mu mwaka ushize kandi, abantu 45 bishwe na Ebola mu Ntara ya Kasai.

Nubwo kugeza ubu nta muti uzwi uvura Ebola burundu, abaganga bavuga ko kuvura ibimenyetso hakiri kare no gukurikiza amabwiriza y’isuku bishobora gufasha kugabanya impfu ziterwa n’iyi ndwara.