Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye umwanya wa gatandatu mu marushanwa ya UAE SWAT Challenge

Feb 12, 2026 - 10:48
 0
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye umwanya wa gatandatu mu marushanwa ya UAE SWAT Challenge

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye umwanya wa gatandatu mu marushanwa ya UAE SWAT Challenge

Feb 12, 2026 - 10:48

Ikipe ya mbere ya SWAT ya Polisi y’u Rwanda (RNP SWAT Team I) yasoje ku mwanya wa gatandatu mu marushanwa mpuzamahanga ya UAE SWAT Challenge yabereye i Dubai, asozwa ku wa Gatatu, tariki ya 11 Gashyantare.

Aya marushanwa ahuza amatsinda yihariye mu bya gisirikare no mu gipolisi azwiho ubuhanga mu bikorwa byihariye byo guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano. Muri uyu mwaka, yitabiriwe n’amakipe 109 aturutse hirya no hino ku Isi.

Mu byavuye mu marushanwa, amakipe abiri yo muri Kazakhstan ni yo yegukanye imyanya ibiri ya mbere, akurikirwa n’andi abiri yo mu Bushinwa ku mwanya wa gatatu n’uwa kane. Ikipe ya Polisi ya Thailand yabaye iya gatanu, mu gihe RNP SWAT Team I yaje ku mwanya wa gatandatu—ari na wo mwanya mwiza iyi kipe yari imaze kugeraho kuva yatangira kwitabira aya marushanwa.

Mu cyiciro cy’Isiganwa ry’Inzitizi (Obstacle Course Challenge), RNP SWAT Team I yitwaye neza yegukana umwanya wa gatatu, iza inyuma y’ikipe imwe yo muri Kazakhstan n’indi yo mu Bushinwa.

Andi makipe y’u Rwanda yitabiriye ayo marushanwa na yo yagaragaje imbaraga: RNP SWAT Team II yasoje ku mwanya wa 29, mu gihe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda ishinzwe ibikorwa byihariye (RDF Special Operations Force) yabaye iya 37.

Uko u Rwanda rwagiye rwitwara muri aya marushanwa

U Rwanda rumaze kwitabira inshuro esheshatu muri zirindwi z’aya marushanwa yatangiye mu 2019. Mu irushanwa ryabanje, RNP SWAT Team I yari yasoje ku mwanya wa 11 n’amanota 407, mu gihe Team II yari yabaye iya 18 n’amanota 357.

Kugera ku mwanya wa gatandatu muri uyu mwaka bigaragaza intambwe igaragara mu kongera ubuhanga, imikoranire n’imyiteguro y’aya makipe mu rwego mpuzamahanga.

Aya marushanwa afatwa nk’urubuga rwo kugereranya ubushobozi bw’amakipe yihariye mu guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba, gutabara imbohe no gucunga ibihe bikomeye by’umutekano, bikaba n’umwanya wo kungurana ubunararibonye hagati y’ibihugu bitandukanye.

Yanditswe na nkurunziza Bonaventure