Imbere ya Perezida Paul Kagame ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye igikombe cya FIFA series 2026
Imbere ya Perezida Paul Kagame ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye igikombe cya FIFA series 2026
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi itozwa na Stephen Constantine yegukanye igikombe cya FIFA series 2026 cyabereye mu Rwanda itsinze Estonia mu mukino wari witabiriwe n'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul Kagame.
Ni mu mukino wanyuma ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi imaze guhuriramo na Estonia warangiye ikipe y'u Rwanda itsinze ibitego 2 ku busa bwa Estonia, Amavubi arushije ku kigero cyo hejuru cyane ikipe y'igihugu Cya Estonia.
Igice cya mbere cy'uyu mukino cyarangiye ikipe y'u Rwanda iri gutozwa n'umutoza mushya Stephen Constantine ifite igitego kimwe ku busa bwa Estonia cyatsinzwe na Abeddy Biramahire ku munota wa 30.
Mu gice cya kabiri ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yakomeje kwataka Estonia ku rwego rwo hejuru aza kubona igitego cya kabiri cya lorey Jacques Michels ku munota wa 51 w'umukino cyakora amahirwe yo kubona ikindi gitego ntiyaboneka nubwo Amavubi yakomeje kugerageza ubundi buryo bwashoboraga gutanga ibitego.
Amavubi asoje iri rushanwa atsinze ibitego bitandatu(6) mu mikino ibiri yakinnye mu itsinda yari irimo rya mbere kuko ku mukino wa mbere yari yatsinze Grenada ibitego 4 ku busa bivuze ko nta gitego na kimwe cyinjiye mu izamu ry'amavubi ryari ririnzwe na Kwizera Olivier.
Ni intangiriro nziza ku mutoza mushya Stephen Constantine ugarutse mu Rwanda abona intsinzi y'ibitego byinshi mu mikino mike atangiriyeho akina ariko Kandi bikagira igisobanuro cyiza ku manota ikipe y'igihugu y'u Rwanda agize ku rutonde rwa FIFA.






