Kera kabaye urukundo rwatamaje Tukowote n'umukunzi we

Feb 14, 2026 - 18:07
 2
Kera kabaye urukundo rwatamaje Tukowote n'umukunzi we

Kera kabaye urukundo rwatamaje Tukowote n'umukunzi we

Feb 14, 2026 - 18:07

Nyuma y'iminsi mike bashyize hanze iby'urukundo rwabo umukinnyi wa Filime Tukowote yatamajwe n'amarangamutima agaragaza umukunzi we aherutse kwambika impeta.

Kuwa 02 Gashyantare 2026,umuhanga akaba n'umwe mu bamaze igihe kinini muri Cinema nyarwanda byumwihariko muri Filime Nyarwanda Irunga Tukowote yambitse impeta umukunzi we nk'uko yabigaragaje mu mafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze.

Nubwo uyu mugabo yashyize hanze aya makuru,hakomeje kugirwa ibanga ku makuru y'iki kizungerezi yari yambitse impeta kubera imiterere y'amafoto yashyizwe hanze n'impande zombi atarigeze agaragaza mu maso h'uyu mukobwa wihebeye Tukowote ibyakomeje gushyira abantu mu rujijo.

Kera kabaye Nyuma yo gushyira mu rujijo abantu, hamenyekanye umukobwa uherutse kwambikwa impeta n'uyu mukinnyi wa Filime nyuma yo kuganzwa n'amarangamutima.

Ibyari byaragizwe ibanga n'impande zombi byashyizwe ku karubanda kuri uyu munsi wahariwe abakundana usanzwe wizihizwa ku itariki ya 14 Gashyantare buri mwaka ubwo Tukowote yananiwe gukomeza kwifata akifuriza umukunzi we Umunsi mwiza w'abakundana amagambo yaherekeje amafoto y'iyi nkumi y'ikizungerezi bitegura kurushinga.

Uyu mukobwa watwaye umutima Tukowote irunga ni uwitwa Kibasumba nawe usanzwe ari umukinnyi wa Filime akaba nawe yahise ashyira hanze andi mafoto yafashwe ku munsi yambikiweho impeta.

Iyi ni inkuru yasamiwe hejuru n'abakunzi b'uyu mugabo ufite benshi bamukunda kubera ubuhanga afite mu gukina filime dore ko ari umwe mu beza u Rwanda rufite cyane ko anabimazemo igihe kinini akaba atajya adohoka muri uyu mwuga.