Muhanga: Umukwabo karundura wakozwe n'Inzego zishinzwe umutekano z’u Rwanda wasize abarimo abakobwa bibishaga imihoro batawe muri yombi
Muhanga: Umukwabo karundura wakozwe n'Inzego zishinzwe umutekano z’u Rwanda wasize abarimo abakobwa bibishaga imihoro batawe muri yombi
Mu mukwabu ukomeye wakozwe n’inzego z’umutekano ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage, itsinda ry’amabandi yamburaga abaturage mu Mujyi wa Muhanga yitwaje imihoro ryatawe muri yombi.
Iri tsinda rigizwe n’urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa batangira abaturage mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Muhanga bakabambura ibikoresho n’amafaranga bafite.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude avuga ko hamaze gufatwa abagera kuri 20 akavuga ko operasiyo yo gufata abandi bafatanya muri ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi ikomeje.
Ati “Dukurikije urutonde dufite rw’abakekwaho kwambura no gukomeretsa abaturage bose ntabwo barafatwa kuko gahunda yo kubahiga irakomeje.”





