Ni ibiki bikubiye mu butumwa Tshisekedi yoherereje Lourenço?

Mar 20, 2024 - 02:49
 0
Ni ibiki bikubiye mu butumwa Tshisekedi yoherereje Lourenço?

Ni ibiki bikubiye mu butumwa Tshisekedi yoherereje Lourenço?

Mar 20, 2024 - 02:49

Perezida João Lourenço wa Angola ku wa Kabiri yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula.

Ibiro Ntaramakuru Angop by’Abanya-Angola na Perezidansi y’iki gihugu bombi batangaje ko Lutundula yari yashyiriye Lourenço ubutumwa bwa mugenzi we, Félix Antoine Tshisekedi.

Kugeza ubu ibikubiye muri ubu butumwa ntabwo bizwi, gusa Angop yavuze ko bwaba bukubiyemo "amakuru ajyanye no gutegura uguhura hagati ya ba Perezida Tshisekedi wa RDC na Paul Kagame w’u Rwanda".

Uruzinduko rwa Lutundula i Luanda rwakurikiye urwo Perezida Paul Kagame yahagiriye muri uku kwezi kwa Werurwe.

Ni uruzinduko rwasize Umukuru w’Igihugu na Lourenço baganiriye ku makimbirane ari hagati ya RDC n’u Rwanda, ndetse yemera kuzahura na Tshisekedi bakayaganiraho mu rwego rwo kuyashakira umuti.

Tshisekedi mu kwezi gushize na we yagiriye uruzinduko i Luanda na we yemerera Lourenço ko yiteguye guhura na Perezida Kagame bakaganira.

Muri 2022 ni bwo umwuka watangiye kuba mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’igihe gito Ingabo z’iki gihugu zari zimaze zinjiye mu ntambara n’umutwe wa M23.

Kinshasa ishinja u Rwanda kuba ari rwo rwaba ruha ubufasha uyu mutwe, gusa rwo rugahakana ibyo birego.

Perezida Paul Kagame cyakora mu minsi ishize yatangaje ko nta we agomba gusaba uruhushya rwo kurindira u Rwanda umutekano, mu gihe cyose umutekano warwo ubangamiwe n’abarimo FARDC na FDLR bahuriye mu mugambi wo kuwuhungabanya.

T. David I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 784 525 501