Nyanza: RIB yataye muri yombi ukekwaho uruhare mu rupfu rw'umwanditsi w'urukiko

Apr 22, 2026 - 06:43
 0
Nyanza: RIB yataye muri yombi ukekwaho uruhare mu rupfu rw'umwanditsi w'urukiko

Nyanza: RIB yataye muri yombi ukekwaho uruhare mu rupfu rw'umwanditsi w'urukiko

Apr 22, 2026 - 06:43

Nyuma y'uko RIB yemeje ikishe uwari umwanditsi w'urukiko wasanzwe mu muferege yapfuye, iperereza ryataye muri yombi umwanditsi w’urukiko rwa Gatunda ukurikiranyweho gushinyagurira nyakwigendera."

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwashyize iherezo ku gushidikanya kwari gukomeje ku rupfu rwa Rwamurima Diogène, wari umwanditsi w’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, uherutse gusangwa mu muferege yapfuye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 21 Mata 2026, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko nyuma y’iperereza n’ibizamini byakozwe na Laboratwari y’Igihugu y’Ibimenyetso bya gihamya bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga (RFI), byagaragaye ko uyu mugabo yishwe n’indwara.

Icyemezo cya muganga n’iperereza

Dr. Murangira yasobanuye ko Rwamurima yazize indwara yo guturika kw’imitsi yo mu bwonko izwi nka Stroke. Ati: “Ibipimo byagaragaje ko yari yaviriye cyane mu bwonko, ari na cyo kintu yazize.”

RIB kandi yakuyeho urujijo rwari rwatangiye gukwirakwizwa n’abavugaga ko urupfu rwe rwaba rufitanye isano n’amateka ye nk’uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, yemeza ko ari urupfu rusanzwe rwatewe n’uburwayi.

Umwanditsi w’urukiko rwa Gatunda yatawe muri yombi

Nubwo byemejwe ko Rwamurima yazize uburwayi, iperereza rya RIB ryambitse amapingu undi mwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Gatunda ruri mu Karere ka Nyagatare. Uyu akurikiranyweho icyaha cyo gushinyagurira umurambo n’izina rya nyakwigendera.

Amakuru avuga ko uyu ukekwa yanditse ubutumwa bwishimira urupfu rwa mugenzi we, anavuga ko agiye guhita amusimbura mu kazi.

“Dushingiye ku magambo yanditse, ni amagambo mabi cyane... Bihita bituma aba ukekwa nimero ya mbere. Ibyo rero ni ugushinyagurira umubiri w’umuntu biturutse kuri ariya magambo yatangaje,” Dr. Murangira B. Thierry.

Ibihano biteganywa n'amategeko

Uyu mwanditsi ukurikiranyweho gushinyagura akurikiranywe hashingiwe ku ngingo ya 130 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Iri tegeko riteganya ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo gushinyagurira umurambo cyangwa umwanya w’umubiri w’umuntu, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

Umurambo wa Rwamurima Diogène w’imyaka 38, wabonywe n’umumotari mu muferege mu ijoro ryo ku wa 14 Mata 2026, mu Mudugudu wa Rugarama, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Kugeza ubu, RIB iracyakomeje iperereza ngo hamenyekane impamvu n’icyihishe inyuma y’ubutumwa bw’urwango uyu mukozi w’urukiko yanditse mu gihe mugenzi we yari amaze kwitaba Imana.

Rwamurima Diogène, wari umwanditsi w’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, uherutse gusangwa mu muferege yapfuye.

CYIZA Theogene Accomplished Journalist at BIGEZWEHO , Delivering impactful, ethical storytelling with clarity, insight, and a global outlook. Tel: +250791972215 | Email: cyizatheogene777@gmail.com