Pasiteri yakubise urushyi umwizera wo mu Itorero rye agwa koma, ndetse yemeza ko urwo rushyi yarukubiswe n’Umwuka Wera

May 20, 2024 - 19:41
 0
Pasiteri yakubise urushyi umwizera wo mu Itorero rye agwa koma, ndetse yemeza ko urwo rushyi yarukubiswe n’Umwuka Wera

Pasiteri yakubise urushyi umwizera wo mu Itorero rye agwa koma, ndetse yemeza ko urwo rushyi yarukubiswe n’Umwuka Wera

May 20, 2024 - 19:41

Umuvugabutumwa akaba na Pasiteri yakubise urushyi umwizera wo mu Itorero rye, ndetse yemeza ko urwo rushyi yarukubiswe n’Umwuka Wera.

Amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umupasiteri akubita umwizera we bitera benshi kwijujuta no kumubaza impamvu yabyo, pasiteri avuga ko atari we ahubwo ko yarukubiswe n’Umwuka Wera.

Uru rushyi rudasanzwe rwateye benshi urujijo maze bamwe bateza impagarara ku mbuga nkoranyambaga, basaba uyu mukozi w’Imana kwisobanura nubwo yabasubije igisubizo gitangaje.

Ubwo bari mu iteraniro hagati, Pasiteri yegereye abantu bari bahagaze barimo n’uyu musore, amukubita urushyira rudasanzwe, uyu musore yikubita hasi asa n’uguye igihumure.

Faceofmalawi itangaza ko uyu mupasiteri yavuze ko nta rwango cyangwa umugambi mubi afite kuri uyu muntu wakubiswe, ndetse ko atigeze amukubita ahubwo ko urwo rushyi rwavuye ku Mwuka Wera.

Byateye benshi gutekereza nabi bo kuvuga ko bidakwiye ko umushumba yakubira umwizera we, mu gihe abandi bavugaga ko uyu mukozi w’Imana nta bumuntu bwe, abandi basigarana ikibazo cyo kumenya ubwoko bw’iyi myizerere.

H. Rene Maurice I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783348461