Rulindo: Umuyobozi w’akarere yasabye urubyiruko kugira intego no gukunda umurimo
Rulindo: Umuyobozi w’akarere yasabye urubyiruko kugira intego no gukunda umurimo
Ibi yabigarutseho mu nama y’inteko rusange y’urubyiruko rwo mu akarere kose ka rulindo, atangiza iyi nama umuyobozi w’akarere ka rulindo yibukije urubyiruko ko arirwo mbaraga z’igihugu z’ejo hazaza bityo ko rukwiye kubaho rufite intego.
Iyi nama kandi yabaye umwanya wo kwisuzuma harebwa uko imihigo y’umwaka ushize y’urubyiruko yashyizwe mu bikorwa ndetse n’imbogamizi zabayeho mu kuyesa.
umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko Mutimukeye Marie Rose yagaragarije abitabiriye inama ko nyuma yo kudashyira mu bikorwa imihigo y’urubyiruko uko bikwiye hafashwe ingamba zitandukanye bizeye ko zizatanga umusaruro mu mihigo y’uyu mwaka.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko kandi yasabye urubyiruko gufatanya mu bikorwa byose bigamije iterambere ry’urubyiruko n’akarere muri rusange birinda ikintu cyose cyabangiriza ubuzima.
muri iyi nama urubyiruko rwasabwe kugira uruhare rukomeye mu kubungabunga umutekano w’igihugu harimo gutangira amakuru ku gihe no kwirinda ibiyobyabwenge, bikigaragara nk’imbogamizi ku iterambere ry’urubyiruko.
muri iyi nama Kandi urubyiruko rwagaragarijwe amahirwe ari mu karere ka rulindo yarufasha kwiteza imbere ndetse rushishikarizwa kugana ikigega cya BDF gifasha urubyiruko kubona inguzanyo.
umuyobozi w’akarere ka rulindo Mm MUKANYIRIGIRA Judith asoza iyi nama yasabye urubyiruko kugira Uruhare mu kutagaragara mubikorwa bigayitse kuko byangiza ndetse bikanadindiza iterambere ryabo n’igihugu muri rusange.abasaba kubaho bafite intego, kubahiriza indangagaciro z’imyitwarire myiza ndetse no gukunda umurimo.
Iyi nteko rusange yahuye n’umunsi wo gusoza ubukangurambaga bw’iminsi 16 yahariwe kurwanya ihohoterwa no gukumira ruswa, aho yasojwe n’umuhango w’isinyanamihigo hagati y’umuyobozi w’akarere n’umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’akarere ka rulindo.
Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure





