U Rwanda rwasubije u Bubiligi nyuma yo gusaba RDC ko yarurega mu Rukiko Mpuzamahanga

Apr 20, 2024 - 21:40
 1
U Rwanda rwasubije u Bubiligi nyuma yo gusaba RDC ko yarurega mu Rukiko Mpuzamahanga

U Rwanda rwasubije u Bubiligi nyuma yo gusaba RDC ko yarurega mu Rukiko Mpuzamahanga

Apr 20, 2024 - 21:40

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanenze uburyarya bw’u Bubiligi nyuma y’aho Ambasaderi w’iki gihugu asabye RDC kurega u Rwanda mu Rukiko Mpuzamahanga, avuga ko ahubwo aribwo bukwiriye kuregwa.

Ambasaderi w’u Bubiligi muri RDC, ku wa Gatanu yahuriye mu nama n’abandi ba Ambasaderi bo muri iki gihugu, barebera hamwe uko ibibazo by’umutekano muke bihagaze mu gihugu.

Muri iyo nama yabereye i Goma, Roxane de Bilderling, yavuze ko u Rwanda rukwiriye gufatirwa ingamba zikarishye kubera ngo uruhare rwarwo mu bibera muri RDC.

Ati “Ubundi buryo bwo gushyiraho igitutu, ni uko Congo yatanga ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera ku bwo kuba [u Rwanda] rwarananiwe kubahiriza imipaka mpuzamahanga .”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko ibyo u Bubiligi burimo ari uburyarya nk’igihugu cyagize uruhare mu gushyiraho imipaka kikanagira urundi ruhare mu mateka mabi ya Afurika ashingiye ku Bukoloni, ku buryo kuba uyu munsi aribwo buri kuvuga ku bijyanye n’imipaka, ari ukwirengagiza amateka.

Ati “RDC ikwiriye kurega u Bubiligi mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera.”

https://twitter.com/YolandeMakolo/status/1781411824702779873?ref_src=twsrc%5Etfw%7Ctwcamp%5Etweetembed%7Ctwterm%5E1781411824702779873%7Ctwgr%5Ec8107fbc149f10261be42c8c6cbdb54df2e33340%7Ctwcon%5Es1_&ref_url=https%3A%2F%2Fmobile.igihe.com%2Famakuru%2Fu-rwanda%2Farticle%2Fni-mwe-mukwiriye-kuregwa-u-rwanda-rwasubije-u-bubiligi-bwasabye-rdc-kurujyana

H. Rene Maurice I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783348461