Ubushakashatsi ku gipimo cya ruswa mu Rwanda [Rwanda Bribery Index] 2025 Abikorera, inzego z’ibanze na REG nibo baje imbere

Dec 4, 2025 - 18:44
 1
Ubushakashatsi ku gipimo cya ruswa mu Rwanda [Rwanda Bribery Index] 2025 Abikorera, inzego z’ibanze na REG nibo baje imbere

Ubushakashatsi ku gipimo cya ruswa mu Rwanda [Rwanda Bribery Index] 2025 Abikorera, inzego z’ibanze na REG nibo baje imbere

Dec 4, 2025 - 18:44

Buri mwaka Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane, Ishami ry’u Rwanda , Transparency International Rwanda hakorwa ubushakashatsi ku gipimo cya ruswa mu Rwanda [Rwanda Bribery Index] kuri ubu bwagaragaje ko ruswa nto itangwa igenda igabanyuka ariko amafaranga atangwa akiyongera aho ayatanzwe nka ruswa ngo umuntu abone serivisi yageze kuri miliyoni 29.5 Frw mu 2025 .

Amakuru ari muri Rwanda Bribery Index yishimirwa n’Urwego rw’Umuvunyi mu Rwanda (rushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane), ni uko abaturage bavuga ko itangwa rya ruswa ryagabanutseho 4%.

Iyi nyigo ivuga ko muri 2023 ruswa yatangwaga kuri serivisi za Leta n’iz’abikorera mu Rwanda yari kuri 18%, ubu ikaba igeze kuri 14% imanuka, ndetse ngo abaturage bangana na 98% bemera ko bashobora kubona serivisi mu nzego zitandukanye nta ruswa batanze.

Ruswa iravugwa cyane mu nzego z’abikorera, iz’ubutabera hamwe n’iz’ibanze, mu gihe izitangirwamo serivisi ikenerwa cyane nka Polisi, REG, RURA na WASAC, ruswa ngo irimo kugenda igabanuka bitewe n’abantu batanga amakuru mu ibanga.

Transparency International ikavuga ko muri serivisi ziganjemo ruswa mu Rwanda, iziza ku mwanya wa mbere ari izijyanye n’ubutaka ku kigero cya 21% cyane cyane muri za ‘One Stop Centers’ z’uturere aho ikigero kizamuka kikagera kuri 30%.

Umuvunyi Mukuru aranenga by’umwihariko imitangire y’imyenda (amadeni) mu mabanki, aho umuntu ajya gusaba inguzanyo bakamwaka ruswa kandi ari amafaranga azishyura hiyongereyeho inyungu.

Nirere Madeleine agira ati “Komite zo kurwanya ruswa mu mabanki n’ahandi zigomba gukora, izo komite ziri mu nzego za Leta no mu bikorera, hakarebwa itangwa ry’amasoko no muri cyamunara kuko hari abo byahaye umusaruro utemewe, ugasanga umuntu yaguze inzu n’undi ufitanye isano n’umukozi wa banki cyangwa se uwo yarangiye.”

Akomeza agira ati “Usanga umuntu afite inzu cyangwa indi mitungo myinshi yaguze muri cyamunara, ariko amakuru aba yayahawe n’umukozi wa banki. Ni ikibazo gikomeye tuganiraho n’inzego z’abikorera” kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda, Mupiganyi, yibutsa ko icyaha cya ruswa kidasaza, aho uwaba afite umutungo kabone n’ubwo haba hashize igihe kinini, Leta ngo ishobora kuwufatira ndetse nyirawo agahanishwa igifungo kuva ku myaka 5 kugera kuri 7.

Umuryango Transparency International Rwanda wasubije amaso inyuma kuri RBI yo muri 2022 kuri ruswa, uyigereranya n’iyi yo muri 2025, usanga ruswa mu Rwanda yaragabanutse ku kigero uvuga ko gishimishije cyane cya 15%, kuko ibipimo byavuye kuri 29% ubu bikaba bigeze kuri 14%.

Amafaranga yatanzwe ngo umuntu ahabwe serivisi yariyongereye

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko amafaranga yose hamwe yatanzwe muri ruswa yiyongereye.

Imibare igaragaza amafaranga yose yatanzwe nka ruswa muri  2021 hatazwe arenga miliyoni 14 Frw, muri 2022 yarengaga miliyoni 38 Frw, muri 2023 n’arenga miliyoni 22 Frw, muri 2024 hatanzwe arenga miliyoni 17, naho 2025 hatanzwe arenga miliyoni 29.5Frw.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International ishami ry’u Rwanda, Apollinaire Mupiganyi, asaobanura impamvu amafaranga atangwa mu guhabwa serivisi yiyongereye, yasobanuye ko ari uko abayisaba baziko ibihano biteganywa ku wahamijwe ruswa ari binini bityo bagahitamo kwaka iri hejuru.

Ati ” Abasaba ruswa barabizo ko ari icyaha gihanwa kandi mu buryo bukomeye ku buryo iyo bagiye kuyisaba bafata icyemezo . Abaryi ba ruswa rero nabo bahinduye amayeri kuko bazi ibyago byabo ari binini, nibafatwa barafungwa. byibuze imyaka itanu n’irindwi. Iyo agiye gusaba amafaranga rero asaba amafaranga tubutse ku buryo rero biza bikagira ingaruka kuri wa muturage .”

Yakomeje agira ati ” Ikigaragara ni uko ahantu hakiri icyuho ku cyaha cya ruswa ari ahantu abantu bagisaba serivisi ku bwinshi cyane cyane iyo bahuye n’umuntu imbonankubone. WSAC na REG ziracyatanga mu buryo bw’imbonankubone ,nko guhabwa casha power, gusaba amazi. Ni ibintu tumaze kuganira kuri izo nzego za REG na WASAC kandi baragaza ubushake mu kurwanya no gukumira ruswa. Nka Transparency International Rwanda icyo dukora ni ukuganira n’izo nzego , batugararagariza ubushake , tugende tubafasha gukumira ahari ibyuho.”

Arasaba abaturage kujya batanga amakuru mu gihe basabwe gutanga ruswa ngo bahabwe serivisi.

MBARUSHIMANA Elia MBARUSHIMANA Elia joined journalism as a volunteer in 2018. Currently an Entertainment Journalist & News Reporter. I worked for NEWSWITHIN, MAXIMED TV, and Ukwelitimes.com as well as imirasiretv.com & bigezwehotv.com | Contact Me: +250781087999 or mbarushimanaelia50@gmail.com