Ubusobanuro bw'izina Mellab izina rigezweho rikunzwe guhabwa abana babakobwa

Jan 8, 2024 - 09:01
 0
Ubusobanuro bw'izina Mellab izina rigezweho rikunzwe guhabwa abana babakobwa

Ubusobanuro bw'izina Mellab izina rigezweho rikunzwe guhabwa abana babakobwa

Jan 8, 2024 - 09:01

Mellab ni zina ryaturutse kuri Slang “Yeah man” Bisobanura uwicisha bugufi.

Ubundi Mellab ni izina ry’umuntu uba rwiyemezamirimo ukunda kugirana imishyikirano n’abandi usabana ndetse ukunda gusohoka. Buri gihe ibyishimo bye bizana umwuka mwiza mubo bari kumwe. Akunda kugaragaza amarangamutima ye kandi ntabwo yikunda.

Akunda kuvuga cyane arisanzura akunda kuba hamwe n’abandi buri wese aramukunda kubera imico ye ishimishije. Mellab yizera abantu 

Ni umuntu ukunda kwihangana azi neza ko habaho ibyiza n’ibibi. Kubera ukuntu akunda kugirana umubano n’abandi wuje urukundo no kwiga ibintu bishya. Mellab ni umuntu ukunda kugera kuntego ze bitewe no kwiyemeza kwe nubushake ashyira mubyo akora.

Mellab ni umuyobozi muri bagenzi be no mugihe bagize amakimbirane abasha kuyahosha. Akunze kwihagararaho bishobora nko kugaragara nkaho afunga umutwe ariko nyamara ni umuntu wumvira ku buryo bukomeye. Mellab abantu baramwizera, baramwiringira ibyo babiterwa bamubona nkumwizerwa. Ni inyangamugayo kurwego rwo hejuru binagaragarira mubyo avuga.

Ibijyanye nakazi kuri Mëlläb 

Mellab yanga agahato ndetse ni umuntu ukunda kwigenga mubyo akora aba ashaka kwikorera. Cyangwa yanagukorera ukamuha umwanya agakora akazi ke utamushyiraho agahato kandi ntabwo ari umunebwe.

 

Ntabwo akunda gutuza cyane cyangwa gushyira umutima hamwe bitewe n’uko akunda guhora yiga ibintu bishya kandi ibintu bitangaje. Ni umuntu utekereza kuhazaza he arashishoza byose bimusunikira kugera kucyo yiyemeje.

Ni umuntu wanga gushyirirwaho agahato n’amategeko ndetse kubera kuntu abantu bamutega amatwi icyo yanze ashobora kugumura benshi. Akunda umudendezo ndetse no kwifatira ibyemezo wenyine. 

Imyuga Mellab akunda gukora.

Imyuga ba Mellab bakora: Kujya mu bice bitandukanye, Ubucuruzi, Ubukerarugendo, Ubugeni, Ubujyanama mu mategeko, gutega amatwi abantu, Ububanyi mpuzamahanga, Ubushakashatsi, Ubutabire, yajya mungabo, umupolice, Kuganiriza abantu abafasha gufata umwanzuro w’ibibazo bafite.

Mu rukundo  Mellab akunda kugira urukundo rwinshi ndetse nawe akunda kuba aho yumva akunzwe.

Mu buzima bwe bwa buri munsi akunda kugaragaza urukundo rw’uje amarangamutima yo kurwego rwo hejuru! Kubera kugira urukundo rwinshi nawe aba yumva mu rukundo akwiye gufatwa nk’umwamikazi cyangwa kubaho nk’igikomangoma yumva yahora akunzwe ubuzima bwe bwose.

Gusa azi neza ko mu nzira  z’urukundo rwa nyarwo rubamo ibisitaza Mellab ni uwambere mukubyihanganira.

BYIRINGIRO Innocent I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 327 06