Umuhanzi uzwi kwizina rya Baba Platini yahishuye icyatumye yizirika ku muziki nyuma y’isenyuka rya Dream Boys

Mar 14, 2024 - 01:49
 0
Umuhanzi uzwi kwizina rya Baba Platini yahishuye icyatumye yizirika ku muziki nyuma y’isenyuka rya Dream Boys

Umuhanzi uzwi kwizina rya Baba Platini yahishuye icyatumye yizirika ku muziki nyuma y’isenyuka rya Dream Boys

Mar 14, 2024 - 01:49

Platini yahishuye ko ubwo itsinda rya Dream Boys ryari risenyutse mu 2020 yagize igitekerezo cyo kureka umuziki akinjira mu bushabitsi, icyakora awukomeza kuko indirimbo za mbere yahereyeho zakunzwe bimutera imbaraga zo gutangira urugendo rwe wenyine.

Ibi Platini yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE. Yavuze ko ubwo TMC yamubwiraga ko agiye gukomeza amasomo ye yumvise Isi imuguyeho ashaka kureka umuziki ngo yinjire mu bucuruzi.

Ati “Urumva sinavuga ko narindetse umuziki, ahubwo naringiye gushyira imbaraga mu bushabitsi kuko nari naratangiye ibyo gukodesha imodoka hanyuma umuziki nkajya mbijyamo byo kwishimisha.”

Uyu muhanzi avuga ko ikintu cyamugaruye mu muziki ari indirimbo za mbere yikoranye zikakirwa neza, ibyatumye abona ko afite akazi kenshi mu muziki, yiyemeza kuwukomeza nubwo yari asigaye wenyine.

Nyuma y’imyaka itatu, yiyemeje gukomeza umuziki ari wenyine, Platini agiye gukora igitaramo cye cya mbere yise ‘Baba Experience’ aho azaba ataramira abakunzi be yishimira urugendo yanyuzemo ndetse n’urwo yahereyemo muri Dream Boys yamazemo imyaka irenga 10.

Iki gitaramo kizabera muri Camp Kigali ku wa 30 Werurwe 2024, aho kwinjira ari 5000 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 10 Frw mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi 200 Frw ku bantu umunani bashaka kwicarana mu myanya y’icyubahiro.

Byitezwe ko iki gitaramo kizitabirwa n’abahanzi barimo Riderman, Butera Knowless, Nel Ngabo, Kenny Sol, Big Fizzo na Eddy Kenzo.

Uretse aba bazaririmba bamaze kwemezwa, Platini ahamya ko yatumiye benshi mu bahanzi bagenzi be yasabye ko baza kumushyigikira.

Platini agiye gukora igitaramo cyo kwizihiza imyaka itatu amaze mu muziki nk'umuhanzi ku giti cye na 14 awumazemo muri rusange
I. Ferdinand I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783 631 268