AFC/M23 iri gushaka amakuru ku rupfu rw’uwari umujyanama wayo
AFC/M23 iri gushaka amakuru ku rupfu rw’uwari umujyanama wayo
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko umujyanama waryo mu bijyanye n’itumanaho, Magloire Paluku, yapfuye mu buryo buteye agahinda.
Paluku wamaze imyaka myinshi ari umunyamakuru, yarashwe n’abataramenyekanye ku wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025 ubwo yari mu mugi wa Goma.
Umuyobozi w’Ibiro bya Corneille Nangaa uyobora AFC/M23, Alumba Lukamba Omokoko Jean Pierre, yatangaje ko Paluku yapfiriye mu bitaro bikuru bya Goma.
Paluku yavukiye mu mujyi wa Butembo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ayobora Radiyo Kivu One. Muri Nyakanga 2024 yinjiye muri AFC/M23.
Kuva yinjiye muri AFC/M23, Paluku yagaragaye kenshi ari hafi y’Umuyobozi w’iri huriro, Corneille Nangaa, aho bivugwa ko atari umujyanama gusa, ahubwo ko bari n’inshuti zikomeye.
Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure







