AFC/M23 yahagaritse umuyobozi wayo uri gukekwaho ihohotera

Mar 20, 2026 - 20:19
 0
AFC/M23 yahagaritse umuyobozi wayo uri gukekwaho ihohotera

AFC/M23 yahagaritse umuyobozi wayo uri gukekwaho ihohotera

Mar 20, 2026 - 20:19

Umuyobozi ukomeye mu mutwe wa AFC/M23 yahagaritswe muri uyu mutwe kubera gushaka gufata ku ngufu.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Werurwe 2026 nibwo hashyizwe hanze amakuru aturuka muri iri shyaka rya M23 avuga ko ryahagaritse Yannick Tshisola Kwasa Mukwenu wari ufite inshingano nk'umuyobozi mukuru w'urwego rwa Politiki.

Bertrand Bisiimwa, umuhuzabikorqa wungirije muri AFC/M23 yabitangaje mu ibaruwa yandikiye uyu Yannick Tshisola kuwa 16 Werurwe 2026 amumenyesha ko ahagaritswe nyuma yuko bakiriye amakuru menshi avuga ko ari kurangwa n'imyitwarire idahwitse.

Imyitwarire uyu muyobozi akekwaho niyo yatumye ubuyobozi bukuru muri uyu mutwe wa AFC/M23 bumuhanisha guhagarikwa mu gihe kitaramenyekana kubwo kurenga ku mahame agenga abo muri M23.

Yannick Tshisola Kwasa Mukwenu ni umwe mu bayobozi bakomeye muri AFC/M23 kubera inshingano afite mo nko guhuza ibikorwa bya politiki no mu iby'imikorere y'uyu mutwe ubarizwa muri DR Congo.

Biravugwa ko Kandi uyu mugabo amaze iminsi afunzwe aho akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu dore ko hari umukobwa uherutse kumushinja kugerageza kumufata ku ngufu.