Amakuru mashya ku mukino wa Al Hilal SC na AL Merrikh SC
Amakuru mashya ku mukino wa Al Hilal SC na AL Merrikh SC
Nonaha ku mugoroba wo kuwa 15 Gashyantare 2026, Rwanda premier league ifite mu nshingano ibikorwa bijyanye n'imikino ya Shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda imaze Gushyira hanze itangazo rishya ku mukino w'ikirarane uzahuza ikipe ya AL Hilal SC na AL Merrikh SC.
Ni itangazo rigenewe abafana,abakunzi ndetse n'abafatanyabikorwa ba Shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda byunwihariko abafana n'abakunzi b'aya makipe ariyo Al Hilal SC na Al Merrikh rivuga ku ikirarane aya makipe afitanye mu minsi iri imbere.
Muri iri Tangazo ryihutirwa RPL iramenyesha abakunzi b'aya makipe n'abafatanyabikorwa ko uyu mukino wo gukuramo ikirarane aya makipe afitanye uzakinwa kuwa 17 Gashyantare 2026 ku i saa 18:30 kuri Sitade Amahoro.
Uyu ni umwe mu mikino y'ishyiraniro izaranga shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda kubera ubukomere bw'aya makipe mashya muri iri rushanwa aho bazaba bakina umunsi wabo wa 15 w'iyi Shampiyona igeze ku munsi wa 20.
Kugeza ubu iyi shampiyona iracyayobowe na Al Hilal SC imaze gukina imikino 16 ku manota 38 ikurikirwa na APR FC ifite amanota 35 mugihe Police FC na Al Merrikh biyakurikira n'amanota 34.
Mu mikino yakinwe ku munsi wa 20 dore uko amakipe yitwaye
Musanze FC yaguye minswi na Al Merrikh SC
Police FC yatsinzwe na Rayon Sport igitego kimwe
Bugesera FC yatsinze Gorilla FC ibitego bitatu kuri kimwe.
Marine FC yanganyije na Gicumbi FC igitego kimwe kuri kimwe
APR FC yanganyije igitego kimwe kuri kimwe na KIYOVU Sports
Gasogi united yanganyije na Mukura VS igitego kimwe ku kindi
Amagaju FC yatsinzwe na AS Kigali ibitego bibiri ku busa
Etincelles FC yatsinze AS Muhanga ibitego bibiri kuri kimwe mugihe hasigaye umukino umwe ugomba guhuza Rutsiro FC na Al Hilal usoza umunsi wa 20.





