Ibitaro bya Ndera byahakanye ibyavuzwe byo gufata nabi abakozi

May 13, 2026 - 12:34
 0
Ibitaro bya Ndera byahakanye ibyavuzwe byo gufata nabi abakozi

Ibitaro bya Ndera byahakanye ibyavuzwe byo gufata nabi abakozi

May 13, 2026 - 12:34

Ibitaro bya Ndera byahakanye amakuru avuga ko bifata nabi abakozi cyangwa bikabakata amafaranga mu buryo budasobanutse.

Ubuyobozi bw’Ibitaro by’indwara zo mu mutwe bya Ndera bwahakanye amakuru amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari abakozi bafatwa nabi, bagakatwa amafaranga ku mishahara yabo mu buryo budasobanutse cyangwa bagahabwa ibihano byo kwimurwa mu kazi.

Ibi byakurikiye ubutumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X (yahoze ari Twitter) n’uwitwa Sam Kabera, wavuze ko hari amafaranga yiswe “Staff Solidarity” akurwa ku mishahara y’abakozi bamwe batabyemeye ku bushake. Yagaragaje kandi ko hari uburyo bamwe mu bakozi bakora amasaha y’ikirenga mu gihe kirekire, ndetse ngo hari ababazwa ibijyanye n’ubwishyu cyangwa ikiruhuko cy’ayo masaha bakimurirwa ahandi nk’igihano.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibitaro bya Ndera, ubuyobozi bwabyo bwavuze ko ayo makuru adafite ishingiro, bushimangira ko gahunda ya “Staff Solidarity” yashyizweho n’abakozi ubwabo mu rwego rwo gufashanya hagati yabo, kandi ikaba ifite amategeko n’imikorere biyigenga.

Ubuyobozi bw’ibi bitaro bwagize buti “Staff Solidarity yashyizweho yaje ari igitekerezo cy’abakozi, ishyirwaho n’abakozi ubwabo kandi igengwa n’abakozi.”

Ibitaro bya Ndera byavuze kandi ko nk’ikigo gitanga serivisi z’ubuzima amasaha yose, hari igihe biba ngombwa ko bamwe mu bakozi bakora amasaha y’inyongera kugira ngo abarwayi bakomeze kubona ubuvuzi bukenewe nta nkomyi.

Byasobanuye ko gukora amasaha y’ikirenga bikorwa hakurikijwe ibikenewe mu kazi kandi ko bikorwa hagamijwe inyungu z’abarwayi n’imikorere myiza y’ikigo.

Ku bijyanye n’abavuga ko hari abimurwa mu kazi nk’uburyo bwo kubahana, ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ndera bwabihakanye, buvuga ko kwimura umukozi ava muri serivisi imwe ajya mu yindi cyangwa ava ku kigo kimwe ajya ku kindi biri mu buryo busanzwe bwo gucunga abakozi mu rwego rwa Leta.

Bwagaragaje ko kwimura umukozi bikorwa hashingiwe ku nyungu z’akazi aho kuba igihano, kandi ko amategeko abigenga abisobanura neza.

Ingingo ya 36 y’Itegeko nº 017/2020 ryo ku wa 07 Ukwakira 2020 rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba Leta, ivuga ko umuyobozi washyize umukozi mu mwanya ashobora kumwimurira ahandi mu nyungu z’umurimo igihe uwo mwanya mushya uhuje intera n’uwo yari asanzweho.

Hari kandi iteka rya Minisitiri nº 01/MIFOTRA/23 ryo ku wa 13 Kamena 2023 ryerekeye amasaha y’akazi n’abakozi ba Leta bagengwa n’amasezerano y’umurimo, riteganya ko umukozi wakoze amasaha y’ikirenga yemerewe n’umuyobozi ahabwa amasaha y’ikiruhuko angana n’ayo yakoze.

Iryo teka rinateganya ko ayo masaha y’ikiruhuko agomba gufatwa mu gihe kitarenze iminsi 30 uhereye igihe ayo masaha y’ikirenga yakorewe, kandi rikagaragaza ko kwishyura ayo masaha amafaranga bidakorwa mu butegetsi bwa Leta.

Ibi bibaye mu gihe ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara ibiganiro byinshi birebana n’imikorere y’ibigo bya Leta, uburenganzira bw’abakozi ndetse n’uburyo ibibazo by’akazi bikwiye gukemurwa.

Hari bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje ko hakwiye gukomeza kubaho ibiganiro hagati y’ubuyobozi n’abakozi kugira ngo hirindwe amakuru ashobora guteza impaka cyangwa urujijo mu baturage.

Abandi bo bavuga ko ari ingenzi ko amategeko agenga umurimo arushaho gusobanurirwa abakozi bose kugira ngo bamenye uburenganzira bwabo n’inshingano bafite mu kazi.

Ibitaro bya Ndera ni kimwe mu bigo bikomeye mu Rwanda bitanga serivisi z’ubuvuzi bwo mu mutwe, bikaba byakira abarwayi baturuka mu bice bitandukanye by’igihugu. Ni ikigo gifite uruhare runini mu kuvura no gufasha abafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, ari na yo mpamvu imikorere yacyo ikunze gukurikiranwa cyane n’abaturage.