Ikipe ya Al Hilal yisubije umwanya wa mbere ihakura APR FC

Feb 21, 2026 - 18:23
 0
Ikipe ya Al Hilal yisubije umwanya wa mbere ihakura APR FC

Ikipe ya Al Hilal yisubije umwanya wa mbere ihakura APR FC

Feb 21, 2026 - 18:23

Al Hilal S C yakuye ikipe ya APR FC ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda yari imazeho amasaha make

Uyu munsi kuwa 21 Gashyantare 2025 hakomeje imikino y'umunsi wa 20 muri Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda aho amakipe atandukanye yagiye akina ashaka kongera amanota yayo ku rutonde rwa Shampiyona amwe ashaka kuva mu myanya itukura andi nayo ashaka igikombe.

Mu mikno yabaye kuri uyu munsi harimo uwa Al Hilal yari yahuye na Gorilla Fc aho amakipe yombi yarwanaga no kongera amanota ahangana no kuzamuka ajya imbere ku rutonde,uyu mukino ukaba warangiye ikipe ya Al Hilal ibonye insinzi imbere ya Gorilla yari yagerageje kwihagararaho bikanga.

Igitego cyahesheje insinzi ikipe ya Al Hilal ni icya Sunday Adetunji Damilare cyabonetse ku munota wa 60 mu gice cya kabiri cy'umukino ari nako byarangiye iyi kipe igahita yisubiza ku mwanya wa mbere w'agateganyo ku rutonde rwa Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda ikuye kuri uyu mwanya wa mbere APR FC yari yahageze inganyije na Police Fc.

Al Hilal ifashe umwanya wa mbere aho ihise irusha ikipe ya APR FC bikurikirana amanota abiri kuko yo igize amanota 41 naho APR ikagumana amanota 39 naho Al Merrikh SC ikaba iya Gatatu ku manota 37.

Mu yindi mikino yabaye harimo uwahuje AS Muhanga yatsinze ibitego bibiri kuri kimwe cya Rutsiro, FC,Etincelles Fc yanganyije na Gicumbi FC kimwe kuri kimwe.