Ikipe ya APR FC yongeye kwereka Rayon Sport ko igifite akazi kenshi ko gukora

May 23, 2026 - 23:38
 4
Ikipe ya APR FC yongeye kwereka Rayon Sport ko igifite akazi kenshi ko gukora

Ikipe ya APR FC yongeye kwereka Rayon Sport ko igifite akazi kenshi ko gukora

May 23, 2026 - 23:38

Ikipe ya APR FC yatsinze Rayon Sport mu mukino wa nyuma w'igikombe cy'amahoro yongera kwereka Rayon Sport ko igifite byinshi byo gukora.

Ni umukino wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 23 Gicurasi 2026, kuri sitade Amahoro aho amakipe yombi yakinaga umukino wa nyuma w'igikombe cy'amahoro wagombaga kugena ugitwara ukanagaragaza niba Rayon Sport irakomeza guhanga amaso cyane imikino ya Shampiyona y'u Rwanda kugira ngo izabashe guserukira u Rwanda mu mikino nyafurika.

Uyu mukino wahuje aya makipe waje kurangira Ikipe ya APR FC itwaye igikombe nyuma yo kurangiza iminota 90 isanzwe y'umukino amakipe yombi anganya igitego 1-1 bakajya muri 30 ya kamarampaka nabwo bikagorana bakaza kujya muri Penalite.

Ibitego byabonetse muri uyu mukino ni icya Ndikumana Asman ku ruhande rwa Rayon Sport yabonye ku munota wa 43 ubwo Ikipe ya Rayon Sport yahabwaga Penalite ndetse n'icya William Togui yatsindiye APR FC ku munota wa 3 w'igice cya kabiri ukaba uwa 48 mu mukino ubwo yahabwaga umupira na Rutahizamu Djibril Ouatara.

Ikipe ya Rayon Sport yabuze amahirwe yo kwegukana iki gikombe nyuma y'uko abarimo Kwizera Olivier na Mugenzi we Asman Ndikumana bahushije Penalite bikarangira APR yinjije izayo zose umukino ukarangira bamaze gutera Penalite 4 aho APR FC yazinjije zose kuri 2 za Rayon Sport.

Ni umukino usobanuye byinshi kuko bitumye Rayon Sport isabwa gushakira amahirwe yo gusohoka mu mikino nyafurika aruko isoje Shampiyona y'u Rwanda ari iya kabiri nyuma y'uko APR FC itwaye Shampiyona ikanatwara icy'Amahoro.

Nyuma yo guhabwa igikombe, kapiteni wa APR FC Niyomugabo Claude yagishyikirije abayobozi bakuru b'iyi kipe ya APR barimo Umugaba mukuru w'ingabo z'u Rwanda akaba n'umuyobozi w'icyubahiro wungirije wa APR FC Gen Mubarakh MUGANGA.