Kandida Perezida Hon Dr Frank Habineza mbere yuko atangira ibikorwa byo kwiyamamaza yitabiriye isengesho mu ingoro ya Bikiramariya i kibeho
Kandida Perezida Hon Dr Frank Habineza mbere yuko atangira ibikorwa byo kwiyamamaza yitabiriye isengesho mu ingoro ya Bikiramariya i kibeho
Hon Dr Frank Habineza akaba n'Umukandida ku mwanya w'Umukuru w'igihugu, kuri iki cyumweru mbere yuko akomeza ibikorwa byo kwiyamamaza yabanje kwitabira isengesho arikumwe n'umufashawe mu ingoro ya Bikiramariya i Kibeho.
Ku munsi wa 14 w'ibikorwa byo kwiyamamaza, Ishyaka DGPR riyobowe na Kandida Perezida Hon Dr Frank ndetse n'abakandida Depite 50, bakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe.
Mbere yuko ibikorwa byo kwiyamamaza bitangira, kandida Perezida Hon Dr Frank Habineza arikumwe n'umufasha we, babanje kwitabira isengesho mu ingoro ya Bikiramariya i kibeho ku butaka butagatifu.
Kandi Mana yanjye nzi yuko ugerageza umutima, ukishimira gutungana. Nanjye ntuye ibi bintu byose n'umutima ukunze kandi utunganye, kandi ubu mbonye abantu bawe bari hano bagutura n'imitima ikunze, biranezeza.
(1 Ingoma 29:17)







