Kirehe: Ikamyo yagonze moto mu buryo bukomeye umwe ahasiga ubuzima
Kirehe: Ikamyo yagonze moto mu buryo bukomeye umwe ahasiga ubuzima
Mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, habereye impanuka y’ikamyo yari ivuye muri Tanzania yagonze moto yari iriho abantu babiri umwe ahasiga ubuzima.
Iyi mpanuka yabaye Saa Mbili n’igice za mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Werurwe 2024.
Amakuru igihe ifite ni uko uyu muntu iyi mpanuka yahitanye yari ashinzwe Uburezi mu Murenge wa Mushikiri.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iyi mpanuka yatewe n’uko iyi kamyo yari ifite umuvuduko ukabije.
Ati " Yatewe n’umuvuduko ukabije w’ikamyo urebye yari yavuye mu mukono wayo.”
Yongeye kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza ibimenyetso byose by’umuhanda.





