Muhanga: Abaganga barishyuza ibirarane birenga miliyoni 100
Muhanga: Abaganga barishyuza ibirarane birenga miliyoni 100
Abaganga bakorera mu Bitaro bya Kabgayi baravuga ko hari ibirarane bya Miliyoni zirenga 100 Leta ibafitiye bimaze imyaka itandatu
Abaganga, n’Abakozi 157 bo mu Bitaro bya Kabgayi ndetse n’abo mu bigo Nderabuzima birebwa n’Ubuyobozi bw’ibi Bitaro, nibo bavuga ko bafitiwe uyu mwenda w’ibirarane.
Bamwe babwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko ibyo birarane bikomoka ku kuzamurwa mu ntera no ku mishahara batigeze bahabwa mbere ya 2020.
Umwe ati: “Twamenye ko mu bindi Bitaro 29 ayo mafaranga bayahawe, tukibaza impamvu yatumye Ibitaro byacu bitatwishyuriza ibyo birarane bimaze imyaka 6”.
Mugenzi we avuga ko kuva batangiye kubyishyuza babwirwaga ko bitazarenza umwaka wa 2023 batabibonye.
Ati:“Duhereye muri uwo mwaka wa 2023 kugeza uyu munsi hashize amezi 33 kandi nta cyizere bongeye kuduha cy’igihe tuzatabonera”.
Dr Muvunyi Jean Baptiste, Umuyobozi w’Ibitaro bya Kabgayi, yavuze ko gutinda kw’ibi birarane byatewe no kuba kuzamura mu ntera abakozi byakorwaga na Minisiteri y’Ubuzima cyangwa Akarere.
Ati:“Guhera muri Mutarama 2024 twahawe uburenganzira bwo kubara ayo mafaranga yo kuzamura mu ntera abakozi”.
Avuga ko mu zindi mpamvu zakomye mu nkokora ibi birarane harimo igenzura ryimbitse ryabanje gukorwa n’Ibitaro ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere.
Ati:“Kuba bigeze muri Minisiteri y’Imali kandi byarakorewe igenzurwa turizera ko mu minsi mikeya iri mbere ayo mafaranga bagiye kuyabona”.
Umuyobozi wungurije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga, Mugabo Gilbert ati:“Niba ayo mafaranga y’ibirarane by’abakozi ageze muri Minisiteri y’Imali n’Igenamigambi bisobanura ko nta kindi kibazo gihari bayabona vuba”.
UMUSEKE dukesha iyi nkuru wamenye ko mu ibarwa ry’ibyo birarane, Minisiteri y’Imali yasabaga ko Ibitaro bya Kabgayi byemera ko hishyurwa umubare mukeya w’abo baganga, abandi bakazayahabwa mu myaka yindi ikurikira.
Gusa ayo makuru avuga ko Ubuyobozi bw’Ibitaro butigeze bwemera ko ibyo birarane bitangwa mu byiciro.







