Muri America: Umugabo yishe arashe abana umunani barindwi muri bo ari abe
Muri America: Umugabo yishe arashe abana umunani barindwi muri bo ari abe
Shamar Elkins w’imyaka 31 yishe abana 8 abarashe muri Louisiana, barindwi muri bo akaba ari abe. Menya uko uyu mugabo yabanje kurasa umugore we n'uko ubu bwicanyi bw’indengakamere bwagenze mu Mujyi wa Shreveport.
Mu mujyi wa Shreveport uherereye mu bice by’amajyaruguru y’uburengerazuba bwa Leta ya Louisiana, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Haramutse havugwa inkuru y’incamugongo ku Cyumweru, tariki ya 19 Mata 2026, nyuma y’aho umugabo w’imyaka 31 witwa Shamar Elkins yishe arashe abana umunani barimo barindwi be, bikaba bivugwa ko ari amwe mu mahano akomeye agwiririye iki gihugu.
Iki gitero cy’ubugome ndengakamere cyahitanye abana bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 3 na 11. Muri bo, abakobwa ni batanu mu gihe abahungu ari batatu. Barindwi muri abo bana bavukanaga n’uwabarashe, mu gihe uwa munani yari mubyara wabo.
Amakuru atangwa na Polisi ndetse n’ibitangazamakuru birimo CNN, avuga ko Shamar Elkins yabanje kurasa umugore we (nyina w'abo bana barindwi), amusiga afite ibikomere bikabije. Nyuma yo kurasa umugore, uyu mugabo yagiye mu yindi nzu aho abana bari bari kumwe n’undi mugore maze abarasira hamwe. Uyu mugore wa kabiri na we yakomerekejwe bikomeye n’amasasu, ubu akaba ari gukurikiranwa n’abaganga aho ubuzima bwe buri mu kaga.
Mu gihe ibi byago byabaga, hari umuhungu w’imyaka 13 wabashije kurokoka muri ubu bwicanyi akoresheje uburyo bwo gusimbuka anyuze hejuru y’inzu, akaba yagize imvune ariko zidateye inkeke.
Polisi ntiyahise itangaza icyaba cyateye uyu mugabo gukora ubu bwicanyi bw’indengakamere, gusa yagaragaje ko ari ngombwa ko abantu bafite ibibazo byo mu mutwe bakurikiranwa hakiri kare.
Ubuyobozi bwa Polisi muri uyu mujyi bwagize buti: "Aya ni amahano akomeye cyane akorewe muri iki gihugu mu myaka ya vuba. Ni ibintu biteye agahinda bigaragaza ko abantu bakwiye kwitabwaho mu gihe ubuzima bwabo bwo mu mutwe butameze neza amazi atararenga inkombe."
Amashusho yafashwe na camera z’umutekano (CCTV) mu baturanyi, agaragaza Shamar Elkins asohoka muri iyo nzu yiruka nyuma yo kurangiza icyo gikorwa cy’ubugome, yerekeza ku iduka ry’amapine riri hafi aho.
Iki gikorwa cyibukije Amerika andi mahano nk’aya yaherukaga kuba mu mwaka wa 2024, bikaba bikomeje gutuma hibazwa ku mutekano w’imbunda n’ubuzima bwo mu mutwe mu muryango wa Amerika.






