Ngoma: Umugabo wakoraga ku murenge yapfiriye mu mwobo, bikekwa ko yarari gusambana n’umukobwa basanze amuryamye hejuru

Dec 27, 2025 - 10:02
 1
Ngoma: Umugabo wakoraga ku murenge yapfiriye mu mwobo, bikekwa ko yarari gusambana n’umukobwa basanze amuryamye hejuru

Ngoma: Umugabo wakoraga ku murenge yapfiriye mu mwobo, bikekwa ko yarari gusambana n’umukobwa basanze amuryamye hejuru

Dec 27, 2025 - 10:02

Umugabo wari usanzwe yishyuza imisoro mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, yaguye mu mwobo wahoze ari ubwiherero apfiramo, abaturage batungurwa no gusanga hari umukobwa umuryamye hejuru.

Bamwe mu baturage batabaye, bavuze ko babasanze baguye mu cyobo cyahoze ari ubwiherero kiri ahantu mu rutoki iruhande rw’akayira gato. Bakeka ko nyakwigendera n’uwo mukobwa bari bari gusambana bakagwamo kuko ngo bari biriwe basangira inzoga.
Umwe mu baturage wabibonye biba yavuze ko uwo mugabo yasohokanye n’uwo mukobwa kuri Noheli bajya kwiyakira, nyuma ngo ubwo bari batashye basanze baguye mu cyobo, umugabo ari hasi umukobwa amuri hejuru.

Ati “ Ikintu twakoze ni ubutabazi bwo kubazamura, umwe twamuzamuye dusanga yapfuye undi twamuhungije tubona agaruye ubuzima.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko ibyabaye kuri abo baturage babifata nk’impanuka.

Yagize ati “Amakuru twayamenye mu masaha y’ijoro ryakeye, icyobo cyari hafi y’ahari inzira abantu banyuramo, ni impanuka. Umwe yitabye Imana undi ajyanwa ku kigo nderabuzima akomereza ku bitaro bya Kibungo kugira ngo yitabweho n’abaganga.’’

MBARUSHIMANA Elia MBARUSHIMANA Elia joined journalism as a volunteer in 2018. Currently an Entertainment Journalist & News Reporter. I worked for NEWSWITHIN, MAXIMED TV, and Ukwelitimes.com as well as imirasiretv.com & bigezwehotv.com | Contact Me: +250781087999 or mbarushimanaelia50@gmail.com