Nyuma y'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli Minisiteri y'ibikorwaremezo yahumurije abaturage bakora ingendo rusange
Nyuma y'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli Minisiteri y'ibikorwaremezo yahumurije abaturage bakora ingendo rusange
Minisiteri y'ibikorwaremezo yabumurije abaturage bakora ingendo rusange ko ibiciro bishya by'ibikomoka kuri peteroli nta ngaruka bigira ku mafaranga yishyurwaga n'abagenzi ku modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange.
Ibi byatangajwe n'umunyamabanga wa leta muri minisiteri y'ibikorwaremezo,Uwihanganye Jean De Dieu mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 17 Mata 2026 ari nawo munsi ibiciro bishya by'ibikomoka kuri peteroli bitangira gukurikizwa nk'uko byatangajwe n'urwego Ngenzuramikorere RURA.
Uwihanganye Jean De Dieu, Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y'ibikorwaremezo yavuze ko zimwe mu ngamba leta y'u Rwanda yafashe mu rwego rwo guhangana n'ihindagurika ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli ari ugutekereza uburyo bworohereza abagenzi ari nabyo bituma abaturage bose bakangurirwa gukoresha uburyo bwa rusange mu rwego rwo kwirinda gukoresha amafaranga menshi.
Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y'ibikorwaremezo Kandi yavuze ko ibiciro by'ingendo bikomeza kuba ibisanzwe haba ku modoka zitwara abagenzi ndetse n'izitwara ibintu,ni ukuvuga imodoka z'ubucuruzi kuko zose zikoresha Mazutu cyane Kandi igiciro cyayo kikaba cyagumye ku giciro cyari gisanzwe.
Ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli bizamutse kabiri mu byumweru bibiri gusa cyane kuri Lisansi kuko byaherukaga guhinduka kuwa 03 Mata 2026 aho byari byasize Litiro ya Lisansi izamutseho 314 Frw naho iya Mazutu ikazamukaho 257 cyakora yo ikaba yagumye kuri icyo giciro.






