Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa PSG na Chelsea imbonankubone

Mar 12, 2026 - 03:33
 1
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa PSG na Chelsea imbonankubone

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa PSG na Chelsea imbonankubone

Mar 12, 2026 - 03:33

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame ni umwe mu bayobozi bakomeye ku Isi bakurikiranye imbonankubone umukino wahuje ikipe ya PSG na Chelsea FC.

Ni umugoroba wari mwiza kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame Nyuma yo kwitabira akanakurikira uyu mukino w'ishiraniro wahuzaga amakipe akomeye ku Isi ariyo Paris en Germain yo mu bufaransa na Chelsea the blues yo mu bwongereza cyane ko iyi kipe ya PSG isanzwe ifitanye imikoranire n'u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda.

Muri uyu mukino hari abandi banyacyubahiro barimo uwahoze ari perezida w'ubufaransa Nicolas Sarkozy bari kumwe muri sitade Parc de Prince,ikiniraho ikipe ya PSC yari yahakiriye Chelsea bikaza no kurangira bahaboneye insinzi.

Uyu mukino wahuje Aya makipe warangiye Ikipe ya PSG itsinze ibitego bitanu(5) kuri bibiri(2) bya Chelsea byatsinzwe n'abakinnyi barimo,Barcola,Dembele,Vitinha,Kvaratskhelia watsinzemo 2,Gusto ndetse na Fernandez.

Amakipe yombi azakina umukino wo kwishyura kuko uyu wari ubanza muri iki cyiciro umukino ukurikira ukazabera mu bwongereza ikipe ya Chelsea yakira PSG.

Nubwo ikipe ya Paris en Germain yabonye insinzi kurundi ruhande ikipe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame afana ya Arsenal ntabwo yabashije kubona insinzi kuko yaguye miswi na Bayern Leverkusen yo mu budage 1-1.