Perezida Tshisekedi witezwe mu Burasirazuba bwa RDC, ibimuzanye byamaze ku menyekana
Perezida Tshisekedi witezwe mu Burasirazuba bwa RDC, ibimuzanye byamaze ku menyekana
Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ateganya kugera mu Ntara ya Ituri imaze igihe ikorerwamo ubwicanyi.
Ni uruzinduko bivugwa ko ruba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15/05/2024, nibwo perezida Félix Tshisekedi agera mu mujyi wa Bunia uzwi nku murwa mukuru w’i Ntara ya Ituri.
Ituri iherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikaba ihana imbibi n’igihugu cya Uganda na Sudan y’Epfo.
Iyi Ntara igize igihe yarayogojwe n’ubwicanyi bushingiye ku moko, by’umwihariko ubukorerwa Abanyakongo bo mu bwoko bw’Abahema.
Imitwe irimo CODECO, ADF n’indi iza kwisonga ku kwica abasivile muri iyi Natara.
Perezida Félix Tshisekedi utari ukunze gukorera ingendo zo muri iki gihugu imbere, amakuru avuga ko yahisemo gusura abo muri Ituri; mu rwego rwo guhamagarira imitwe y’itwaje imbunda ikorera muri ibyo bice kuyoboka inzira y’ibiganiro no gutanga amahoro.
Kimweho agiye muri Ituri mu gihe yari aheruka kwakira bamwe mu barwanyi ba CODECO, aho yabakiririye i Kinshasa, mbere y’uko yohereza minisitiri w’ingabo Jean Pierre Bemba kuganira n’iyimitwe y’inyeshamba ikorera ku butaka bwo muri iy’i Ntara ya Ituri.
Mu kwezi kwa Mbere uy’u mwaka, umuhuza bikorwa wa AFC, Corneille Nangaa yatangaje ko ihuriro rye rifite gahunda yo kwigarurira iki gihugu harimo ko hazabanzwa gufatwa i ntara zigize iki gihugu.





