Rayon Sport yashyize hanze ibiciro ku bazareba umukino uzayihuza na APR FC arimo Itike ya Miliyoni 2

Apr 16, 2026 - 18:11
 3
Rayon Sport yashyize hanze ibiciro ku bazareba umukino uzayihuza na APR FC arimo Itike ya Miliyoni 2

Rayon Sport yashyize hanze ibiciro ku bazareba umukino uzayihuza na APR FC arimo Itike ya Miliyoni 2

Apr 16, 2026 - 18:11

Ikipe ya Rayon Sport yashyize ahagaragara ibiciro ku bifuza kureba umukino wayo na APR FC muri Shampiyona y'umupira w'amaguru y'icyiciro cya mbere aho harimo na Tike ya Miliyoni 2.

Ni ibiciro byo ku mukino wo muri Shampiyona y'icyiciro cya mbere cy'umupira w'amaguru mu Rwanda(Rwanda Premier League) uzahuza aya makipe kuwa 02 Gicurasi 2026 kuri Sitade Amahoro.

Mu matike yose yashyizwe ahagaragara Tike ya make ni iy'ibihumbi 2 by'amafaranga y'u Rwanda mu gihe ifite agaciro kanini ari tike ya Miliyoni 2 mu mafaranga y'u Rwanda.

Ikipe ya Rayon Sport ishyize hanze ibi biciro mu gihe abakunzi bayo bategerezanyije amatsiko uyu mukino cyane ko ari umwe mu mikino ikomeye abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda baba bategereje uba gake mu mwaka.

APR FC na Rayon Sport byaherukaga guhurira mu kibuga mu kwezi kwa mbere ubwo hari ku mukino wa nyuma w'igikombe gikomeye kuruta ibindi mu Rwanda kizwi nka Super Cup, hari kuwa 10 Mutarama 2026 umukino waje kurangira ikipe ya APR inyagiye Rayon Sport ibitego 4 kuri 1.

Gutsindwa kwa Rayon Sport isuzuguwe muri uyu mukino uheruka kuyihuza na APR FC biri mu mpamvu zishobora gukomeza uyu mukino bafitanye kuwa 02 Gicurasi uyu mwaka aho abakunzi n'abafana bayo bazaba bategereje kwihimura nk'uko byabagendekeye ku mukino uheruka.

Irebere ibiciro byose uko bihagaze