Rubavu: Abantu 3 bafatanywe udupfunyika 9000 tw’urumogi.

Feb 8, 2024 - 01:44
 0
Rubavu: Abantu 3 bafatanywe udupfunyika 9000 tw’urumogi.

Rubavu: Abantu 3 bafatanywe udupfunyika 9000 tw’urumogi.

Feb 8, 2024 - 01:44

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Rubavu, mu bikorwa bitandukanye yafatiye mu cyuho, abantu batatu bari bagiye gukwirakwiza mu baturage udupfunyika 9000 tw’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko bafatiwe mu bikorwa bya Polisi bitandukanye, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati”Muri abo batatu bafashwe, harimo umugabo w’imyaka 38 wari wabashije gucika abapolisi, ubwo yafatanwaga na mugenzi we w’imyaka 29, ku munsi wo ku wa Gatanu tariki ya 2 Gashyantare 2024, bari mu kigo abagenzi bategeramo imodoka cya Mahoko mu murenge wa Kanama, bafite udupfunyika 6000 tw’urumogi bashakaga gushyira abakiriya babo mu Mujyi wa Kigali.”

Yakomeje agira ati“Ntibyagarukiyeho aho kuko yakomeje gushakishwa, ari nabwo yaje kongera gufatirwa muri ibi bikorwa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Gashyantare, mu mudugudu wa Rwamikungu, akagari ka Nyamikongi, mu murenge wa Kanzenze, ari kumwe n’undi bose hamwe bafite urumogi rungana n’udupfunyika 3000.”

SP Karekezi yashimiye abaturage ku bufatanye bakomeje kugaragaza mu kurwanya ibiyobyabwenge batangira amakuru ku gihe ku bo babicyetseho, aboneraho no gukangurira buri wese kumenyesha inzego z’umutekano ikintu cyose babonye gishobora guhungabanya umutekano.

Bashyikirijwe Urwego rw’Igihug rw’Ubugenzacyaha (RIB), sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo bakorerwe dosiye izashyikirizwa ubushinjacyaha.

Icyo amategeko ateganya ku cyaha bakurikiranyweho

Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

N. David I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 788 989 270