Rulindo: Impanuka y’imodoka yahitanye umugeni wari ugiye gusezerana
Rulindo: Impanuka y’imodoka yahitanye umugeni wari ugiye gusezerana
Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu mu murenge wa Tumba, ahitwa Rukore imodoka yarimo umugeni (umukobwa) na bamwe mu bo mu muryango we, bari bamuherekeje ,agiye gusezerana kuri kiliziya ya Paroisse Rulindo.
Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi yemereye umunyamakuru wa bigezweho tv ko ayamakuru ariyi "Ati:"Nibyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 14/02/2026
Saa 09h30 mu mudugudu wa Gashoro akagari ka Barari mu murenge wa Tumba ho mu karere ka Rulindo
habereye impanuka y'imodoka Mini bus yaritwaye abantu 16 yavaga Tumba yerekeza kuri Paruwasi ya Rulindo bari kumwe n'umugeni mu modoka.
Shoferi ageze Gashoro gukata ikorosi rihari biramunanira arenga umuhanda imodoka igwisha urubavu muri rigore umuntu umwe yitaba Imana(umugeni) hakomereka byoroheje abantu 9
Abakomeretse batwawe ku bitaro bya Nemba no ku kigo nderabuzima cya Tumba. yakomeje avuga ko iy'impanuka yatewe ni miyoborere mibi no kutaringaniza umuvuduko bitewe naho yarageze."
Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi kandi
yibukije abantu gutegura ingendo zabo kugira ngo birinde umuvuduko ukabije igihe bakererewe.
Kwirinda gutwara bananiwe cyangwa banyoye ibisindisha.
Uyumugendi Imana imuhe iruhuko ridashira
Yanditswe na nkurunziza Bonaventure





