Russia: Ingabo z’Uburusiya zarashe indege 50 za kirimbuzi
Russia: Ingabo z’Uburusiya zarashe indege 50 za kirimbuzi
Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya yavuze ko mu gitondo cyo ku wa 09 Werurwe 2019, ingabo z’Uburusiya zarashe indege zitagira abapilote 47 zo muri Ukraine.
Nta muntu bivugwa ko yahitanywe n’ibyo bitero, kuko byatangajwe n’inzego z’ibanze. Minisiteri yavuze ko indege imwe yarasiwe hejuru mu Akarere ka Belgorod, ibyiri mu Akarere ka Kursk, eshatu zirasirwa mu Akarere ka Volgograd, na 41 mu Akarere ka Rostov. Vassily Golubev, Guverineri w’Akarere ka Rostov, yanditse kuri Telegram ko ingabo zirwanira mu kirere
zahanuwe muri icyo gitero kinini. Indege zitari nke zasenyaguwe zikigera mu mujyi wa Morozovsk. Yongeyeho ko nta bantu bapfuye bazize igisasu cyatewe mu mujyi wa Taganrog, nkuko raporo ya mbere ibanza ibigaragaza.
Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’ibiza wasukuraga imyanda hasi, yakomeretse maze ajyanwa mu bitaro, ariko ubuzima bwe bumeze neza.
Guverineri w’Akarere ka Kursk, Roman Starovoyt, yakoresheje imbuga nkoranyambaga, avuga ko ibisigazwa byavuye ku ndege itagira umupilote yo muri Ukraine yangije igisenge cy’ibitaro byo mu mujyi munini w’Intara, Kursk. Nta muntu yahitanye.
Starovoyt yavuze ko kubera ikibazo cyo cy’urusaku, abarwayi bo mu ishami ry’ubuvuzi bukomeye bw’inyubako ituranye, bimuwe mu bindi bigo by’ubuvuzi byo muri uwo mujyi.
Guverineri w’Akarere ka Voronezh, Aleksander Gusev, yemeje kandi ko indege zitagira abapilote eshatu zarimburiwe mu karere ke, kugeza ubu nta muntu wahitanywe n’icyo gitero.
Ku wa 07 Werurwe 2024, Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko ingabo z’Uburusiya, zaburijemo igitero cy’indege zitagira abapilote esheshatu zo muri Ukraine, harimo no mu karere ka Tula, iherereye imbere mu Burusiya, nko mu birometero 200 uvuye ku mupaka wa Ukraine kandi yegeranye n’Akarere ka Moscou, ikikije umurwa mukuru w’Uburusiya.
Guverineri yatangaje ko ku wa 06 Werurwe 2024, drone yo muri Ukraine yagonze ububiko bwa lisansi, mu karere ka Kursk nko mu birometero 100, uvuye ku mupaka, bitera inkongi y’umuriro. Undi yaguye mu bubiko bwa lisansi n’amavuta akoreshwa mu ruganda rutunganya amabuye.







