Umugore w'imyaka 39 yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa agafuka kuzuye ibice by’umubiri w’umuntu

Sep 19, 2025 - 10:54
 0
Umugore w'imyaka 39 yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa agafuka kuzuye ibice by’umubiri w’umuntu

Umugore w'imyaka 39 yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa agafuka kuzuye ibice by’umubiri w’umuntu

Sep 19, 2025 - 10:54

Polisi yo mu Ntara ya Mpumalanga muri Afurika y’Epfo yataye muri yombi umugore w’imyaka 39 witwa Rose Mnisi, nyuma yo gufatanwa agafuka kuzuye ibice by’umubiri w’umuntu birimo ingobyi iba ikijije umwana uri mu nda .

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi muri iyi ntara, Brigadier Donald Mdhluli, uyu mugore yari umukozi usukura mu bitaro byaho, cyane cyane mu gice cy’ababyeyi babyara.

Yafatiwe mu muhanda uzwi nka Voortrekker Street mu mujyi wa Lydenburg, ahazwi na none nka Mashishing, ubwo ari arimo atega imodoka ijya mu mujyi wa Nelspruit.

Polisi ivuga ko yabonye amakuru yizewe avuga ko hari umugore uri gushaka abaguzi b’ibice by’umubiri w’abantu. Abapolisi bakora mu ishami ry’imbwa z’iperereza [K9 Unit] bahise bamukurikirana.

Bageze aho yari ari, bamusanze afite isashe irimo ibyo bikekwa kuba ari Ingobyi y’umwana, maze abibemerera ku mugaragaro ko ari umukozi usukura mu cyumba cy’ababyeyi. 

Ibiri muri iyo sashe byahise bifatwa, bijyanwa mu kigo cy’ubumenyi bwa gihanga kugira ngo bikorweho isuzuma. Rose Mnisi yahise atabwa muri yombi, ashinjwa gutunga ibice by’umubiri w’umuntu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Mashishing ku wa Kane, tariki 18 Nzeri 2025. Urubanza rwe rwimuriwe ku wa 25 Nzeri 2025, ubwo azaburanira ku byerekeye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Brigadier Mdhluli yagize ati: “Iyi nkuru igaragaza ukuntu sosiyete yacu igenda igaragaramo ikibazo cy’uburangare mu myitwarire n’indangagaciro. Polisi izakomeza gukorana n’abaturage mu guhashya ibyaha nk’ibi.”

Hari impungenge ko hashobora kubaho n’ibindi byaha bifitanye isano n’iki gikorwa, dore ko ibyo bifite aho bihuriye n’imyemerere ya gakondo ishingiye ku gukoresha ibice by’umubiri w’abantu mu buvuzi bwa gakondo cyangwa imigenzo ya gakondo. 

Ibi bibaye mu gihe hakiri mu mitwe y’abantu inkuru y’Umupfumu ukomoka muri Mozambique, Aizeque Zacaria Cumbuia, wafashwe tariki ya 7 Kanama 2025, afite inyama z’umuntu mu modoka ye i Tshwane. Nyuma yaje guhuzwa n’urupfu rw’umugore wiciwe i Brits, agatemagurwa, nyuma umurambo we ugatwikwa. 

BYIRINGIRO Innocent I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 327 06