Umusore witwa Ndikumana yatawe muri yombi, nyuma yo gusambanya Inka y’umuturanyi KU gahato!

Sep 12, 2024 - 02:47
 0
Umusore witwa Ndikumana yatawe muri yombi, nyuma yo gusambanya Inka y’umuturanyi KU gahato!

Umusore witwa Ndikumana yatawe muri yombi, nyuma yo gusambanya Inka y’umuturanyi KU gahato!

Sep 12, 2024 - 02:47

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwafunze umusore witwa Ndikumana Enock w’imyaka 19, wo mu Mudugudu wa Nyagahinga, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Gihombo, Akarere ka Nyamasheke, afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Gihombo, akekwaho gusambanya inka y’umuturanyi.

Amakuru atangwa n’umwe mu baturage bamuguye gitumo akanaba umwe mu bamujyanye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihombo, yavuze ko uyu musore ubana na nyina, yahengereye mu ma saa tanu z’amanywa ba nyiri iriya nka bayisize mu kiraro kitubatse neza bagiye guhinga, asimbuka urugo ayisanga mu kiraro atangira kuyagaza(kuyikarisa).

induru ntiyarekera ahubwo akomeza akazi yarafitiye umurava.

Amakuru akomeza avuga ko abahise batabara basanze n’ubundi akiri mu kazi ke nta bwoba nta n’igihunga, bamufatira kuri iyo nka bamujyana ku Biro by’Akagari nyuma yo kumureka akambara.

Undi ati: “Aya ni amahano, ni bwo twabibona. Twajyaga tubona n’ubundi ameze nk’utuzuye neza mu mutwe ariko yari atarageza kuri uru rwego. Igituma twongera gukeka ko atari muzima ni uko abyemera nta soni imbere y’abaturage n’ubuyobozi ,akavuga ko akazi ke yagakoze akakarangiza neza.”

“[…] Yatubwiye ko yumvise ashatse imibonano mpuzabitsina abona ntamukobwa yahita abona n’uwo yabona yamuca amafaranga kandi ntayo afite, agahitamo iyo nka atari azi ko hari uhanyura muri ayo masaha ngo amubone.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gitwa Ntibazirikana Denys, yemereye Imvaho Nshya aya makuru, ko uwo musore yegejejwe ku Biro by’Akagari akiyemerera icyaha nta gihunga afite.

Ati: “Yiyemereye atazuyaje ko yayisambanyije n’abo bagore batamubeshyera, basanze ari kuyisambanya yanga kubireka ngo ni uko bamubonye. Ariko ntiyavuze icyabimuteye, twakimubazaga agaceceka, ni bwo abaturage bahise bamukomezanya kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihombo ari ho afungiye, ibindi bikazagaragazwa n’iperereza.”

Yasabye ko uyu musore yasuzumwa niba nta kibazo cyo mu mutwe cyangwa ikindi cyihariye afite, kuko nubwo abaturage babivuga nta muganga uramusuzuma ngo abyemeze.

MBARUSHIMANA Elia MBARUSHIMANA Elia joined journalism as a volunteer in 2018. Currently an Entertainment Journalist & News Reporter. I worked for NEWSWITHIN, MAXIMED TV, and Ukwelitimes.com as well as imirasiretv.com & bigezwehotv.com | Contact Me: +250781087999 or mbarushimanaelia50@gmail.com