Abagabo2 bafatanywe urumogi barujyanye i Muhanga polisi yabafashe
Abagabo2 bafatanywe urumogi barujyanye i Muhanga polisi yabafashe
Aba bagabo ngo urumogi bari baruvanye I Kirehe barujyanye I Muhanga KIGALI: Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwe (ANU) rikorera mu mu Mujyi wa Kigali ryafashe abagabo babiri batwaye kuri moto Kg 31 z’urumogi.
Byabaye tariki tariki 09/08/2025, Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza nk’uko CIP Gahonzire Wellars Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali yabitangarije Umunyamakuru
Abafashwe ari bo Ndindiriyimana Emmanuel w’imyaka 38, na Ngirinshuti Azalias w’imyaka 22 bari kuri moto ifite purake RC660Z. Bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko, aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.
Polisi ivuga ko bakimara gufatwa bavuze ko urumogi barukuye mu Karere ka Kirehe aho rwinjiye ruvuye muri Tanzania, bakaba bari barutwaye mu Karere ka Muhanga barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara.
Ndindiriyimana, nyiri moto yakoreshejwe mu gutwara ibiyobyabwenge, ngo si ubwa mbere afatirwa muri bene ibi bikorwa. Avuga ko iyo uru rumogi arugeza I Muhanga yari guhembwa Frw 150,000. Ngirinshuti wari ufatiye umufuka kuri moto we ngo yari guhembwa Frw 50,000.
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, ati “Abishora mu gucuruza ibiyobyabwenge baragirwa inama yo kubireka kuko amayeri yose bakoresha yaramenyekanye.”
Akomeza agira ati “Polisi y’igihugu nta bwo izihanganira umuntu wese uroga abaturage abaha ibiyobyabwenge. Ababikora n’ababitekereza barye bari menge kuko bazafatwa kandi bahanwe.”
Abafashwe bakorewe dosiye ngo zishyikirizwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Polisi ivuga ibikorwa byo gufata abo bakoranaga byatangiye.
Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).







