Banga ababakangura? Perezida Kagame ku busabe bw’Abayisilamu bifuza gusubizaho indangururamajwi za mu gitondo

Mar 25, 2026 - 22:17
 1

Banga ababakangura? Perezida Kagame ku busabe bw’Abayisilamu bifuza gusubizaho indangururamajwi za mu gitondo

Mar 25, 2026 - 22:17

Perezida Kagame yemereye Abayisilamu gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare, hifashishijwe indangururamajwi uzwi nko gutora Adhana. Perezida Kagame yabibemereye mu kiganiro cyamuhuje n’Abayisilamu bo mu Rwanda cyabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2026.

Ni ikibazo cyabajijwe n’Umuyisiramukazi utivuze amazina avuga ko kuba Adhan idakorwa badasenga neza uko bikwiriye.

Ati “Perezida wacu mudufashije ririya sengesho rya mu gitondo rigasubiraho byadufasha gusengera hamwe twese kandi tugasenga amasengesho yuzuye nk’uko Isram ibitegeka”.

Perezida Kagame yamusubije ko bitagoye bigiye gusuzumwa bikongera bikajya bikorwa nk’uko byari bisanzweho mbere.

Yagize ati "Ubundi ariya ni yo masaha yo gukanguka. Mutinya ababakangura mu gitondo? Ababishinzwe icyo kibazo muze kukigaho.”

Umuhamagaro wa mu gitondo, uzwi nko gutora Adhana, ugamije gushishikariza Aba-Islam kwitabira amasengesho wahagaritswe kubera ko uteza urusaku, kandi bikaba bibujijwe n’amategeko.

Uyu muhamagaro ukoreshwa n’indangururamajwi mu rwego rwo kwibutsa n’Aba-Islam badaturiye imisigiti.

Muri Werurwe mu mwaka wa 2022 Polisi yatangaje ko uyu muhamagaro uteza urusaku, bityo irawuhagarika, gusa icyo gihe yavuze ko amasengesho ya mu gitondo atabujijwe.

Polisi yavugaga ko guhagarika Adhan bakurikije itegeko rivuga ko iyo hari ibikorwa biteza urusaku rubangamira abaturage bihagarikwa nk’uko biteganywa mu itegeko nomero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 mu ngingo yaryo ya 267. Ni muri urwo rwego imisigiti yo mu Mujyi wa Kigali yabujijwe guteza urusaku.

Isengesho rya mu gitondo rigize amasengesho atanu aba agomba gukorwa n’Aba-Islam ku munsi, ibi bikaba biri mu bigize inkingi z’ukwemera kwabo.

MBARUSHIMANA Elia MBARUSHIMANA Elia joined journalism as a volunteer in 2018. Currently an Political & Entertainment and Sports Journalist at BIGEZWEHO ENTERTAINMENT Ltd | Contact Me: +250781087999 or mbarushimanaelia50@gmail.com