HUYE: Amafaranga y’ubukode bw’inzu ziri ahegereye kaminuza y’u Rwanda yikubye inshuro zirenze ebyiri

Sep 11, 2025 - 00:56
 0
HUYE: Amafaranga y’ubukode bw’inzu ziri ahegereye kaminuza y’u Rwanda yikubye inshuro zirenze ebyiri

HUYE: Amafaranga y’ubukode bw’inzu ziri ahegereye kaminuza y’u Rwanda yikubye inshuro zirenze ebyiri

Sep 11, 2025 - 00:56

Abanyeshuri basanzwe biga muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye baravugako bari kugorwa no kwishyura ubukode bw’amazu yo kubamo kuko yabuze ndetse n’aho ari akaba arimo guhenda cyane, hamwe ugasanga n’abamwe mubayafite batari kwemera gukodesha abanyeshuri.

By’umwihariko urimo gusanga inzu zisa nizegereye kaminuza zose zarafashwe n’abanyeshuri biga mu mashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro IPRC kuko bo batangiye amasomo mbere, abasize bishyuye hamwe n’abataragiye mu biruhuko iwabo. Mu gihe izindi zisigaye zo agaciro kazo kahise kikuba inshuro zigera kuri ebyiri mu gihe amafaranga ya buruse bakira ari ibihumbi mirongo ine (40,000 Frw) ku kwezi.

Umunyamakuru wa BIGEZWEHO TV yaganiriye na bamwe mubanyeshuri biga muri iyi kaminuza bamubwira ko bari kugorwa no kubona inzu zo kubamo kuko aho bari kugera bari gusanga zarafashwe n'abandi zikaba zihenze cyane. 

Uwo twise X utashatse ko umwirondoro we ujya hanze, yatubwiye ko amaze iminsi 5 ashaka inzu hamwe n’abakomisiyoneri ariko yayibuze ndetse hakaba hari bamwe mu bafite inzu bavugako batari gukodesha abanyeshuri kuko nta hantu hazwi bafite bakura mafaranga yo kwishyura, abandi bakavuga ko batakira umuntu urenze umwe, kuri ubu zisigaye ziri kuboneka muduce nka Rango, nkubi, sahera, mpare na cyarwa hakaba ari kure ya kaminuza byumwihariko nka we watubwiye ko ishuri yigamo ry’amategeko bigira mu mujyi wa Huye ahazwi nka EX-RECTORAT.

 Mu busanzwe bamwe mu banyeshuri bigaga muri iri shami rya Huye bigaga bacumbikiwe abandi bakaba aribo bajya gushaka amacumbi hanze y’ikigo, ariko byahindutse ubwo kuwa 06 Nzeri 2025 ubuyobozi bwa kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye bwasohoye itangazo rimenyesha abanyeshuri basanzwe baryigamo gushaka amazu hanze y’ikigo bitewe n’uko iryo shami rizakira umubare munini w’abanyeshuri bashya basoje amashuri y’isumbuye 2024 na 2025 bazaba baje kwiga mu mwaka wa mbere 2025-2026 bityo ayo macumbi akaba aribo agenewe hamwe n’abafite ibibazo byihariye.