Ikiraro cy’amarira cya Nyamasheke cyahitanye umuturage

Sep 9, 2025 - 00:47
 0
Ikiraro cy’amarira cya Nyamasheke cyahitanye umuturage

Ikiraro cy’amarira cya Nyamasheke cyahitanye umuturage

Sep 9, 2025 - 00:47

Ntirenganya Théogène w’imyaka 39 wo Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Gatare, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, yahitanywe n’ikiraro cyasenyutse mu gihe abaturage bamaze igihe batakira Akarere ko icyo Kiraro kibateje inkeke.

Ni ikiraro kiri hejuru y’akagezi kitwa Mutovu, kigabanya Umurenge wa Macuba n’uwa Kirimbi cyari kuri metero 100 gusa uvuye mu rugo rw’uyu muturage cyahitanye.

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Rugarama, bavuga ko uyu mugabo yatashye ava mu kabari yari yagoroberejemo gaherereye mu Kagari ka Kimpindu, Umurenge wa Kirimbi ku mugoroba wo ku wa 6 Nzeri 2025, hakaba hatari kure cyane y’urugo rwe.

Umwe muri abo baturage bavuganye n’a Imvaho Nshya, yagize ati: “Nta wamenye amasaha yatahiye kuko yatashye wenyine ariko hari nijoro. Ntitwanamenya niba yari yasinze. Mugitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 7 Nzeri 2025, abana bogaga muri ako Kagezi babonye umugabo akaryamyemo atanyeganyega, bamwegereye babona baramuzi.”

Yakomeje agira ati: “Kuko munsi y’iki kiraro ari mu bitare by’amabuye, basanze yabikubisemo umutwe n’agatuza, yabihagamyemo, yakomeretse ibyo bice, yapfuye, baradutabaza turaza dusanga koko ari we yapfuye. Yari hafi kugera iwe kuko ako kagezi kari kuri metero 100 gusa uva iwe.”

Mugenzi we na we ati: “Twaketse ko yahanutse kuri icyo kiraro akagwa muri ibyo bitare by’amabuye akabihagamamo, akabura gitabara bikamuhitana. Hari n’abakeka ko yaba yishwe akajugunywamo.”

Bivugwa ko iki kiraro atari ubwa mbere kigushije abantu, amahirwe akaba ko mbere abenshi bagwagamo kumanywa bahabona bagakomereka ntibapfe, ariko kubera ko ari harehare kandi ari habi cyane, n’impungenge z’uko cyazabahekura barazihorana.

Undi muturage wo muri aka kagari ka Gatare, ati: “Tumaze imyaka irenga itanu dutabaza Umurenge ngo udukorere ubuvugizi cyubakwe neza kuko cyangiritse bigaragara. N’ibyo twagerageje gukora nk’abaturage bikaba imfabusa. Nta kwezi kwari gushize ababishinzwe ku Karere baje kukireba. Bararebye tubona barafotoye baranapimye, ntibagira icyo batubwira baragenda, twari dutegereje ko gikorwa.”

MUNYABARENZI Shalom I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250791091849