Jay squeezer agiye gushinga ikipe y'umupira w'amaguru

Apr 18, 2026 - 03:47
 2
Jay squeezer agiye gushinga ikipe y'umupira w'amaguru

Jay squeezer agiye gushinga ikipe y'umupira w'amaguru

Apr 18, 2026 - 03:47

Kambale Wilondja umaze kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga nka Kasuku cyangwa Jay squeezer yatangaje ko agiye gutangiza ikipe y'umupira w'amaguru mu Rwanda.

Ibi uyu musore umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga yabitangarije mu kiganiro yagiranye na RadioTv10 ubwo yabazwaga ku makuru y'ibibazo amaze mo iminsi ndetse na bimwe mu bijyanye n'amakimbirane avugwa hagati ye na bamwe mu banyamakuru.

Ubwo yasozaga ikiganiro yagiranye n'umunyamakuru MUTUYEYEZU Oswald ku bibazo yabazwaga bijyanye n'amakuru y'abantu baherutse kumwinjirira iwe aho atuye muri Leta ya Arizona, Kasuku yabajijwe igihe ateganya kugarukira mu Rwanda asubiza ko ari mu cyumweru gitaha kizatangira kuwa 20 Mata 2026 mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ikipe y'umupira w'amaguru yashinze.

Iyi kipe ya Kambale Wilondja umaze kumenyekana nka Jay squeezer yavuze ko izaba yitwa Kasuku Fc ikazajya ikinira ahitwa I Burema hafi ya Gahanga anaherako asaba abakunzi be kujya baza kuyifana.

Kasuku Kandi yatangaje ko nyuma yo guterwa n'abagizi ba nabi ikirego cye cyatangiye gukurikiranwa n'inzego zibishinzwe muri Arizona Kandi ko ubu ari kwiyitaho bihagije bityo yizeye ko ibintu bizagenda neza.

Agaruka ku bibazo bye bifitanye isano n'umwuka mubi uvugwa hagati ye na bamwe mu banyamakuru,Kasuku yavuze ko ntamuntu ajya yendereza ngo amushotore ahubwo we asubiza uwamubanje bityo abamubonaho ikibazo bagahereye ku bamwinjiza muri ayo makimbirane.