Masengesho Vainqueur yanditse amateka muri "Tour d’Algérie 2026", yegukana umwanya wa kabiri
Masengesho Vainqueur yanditse amateka muri "Tour d’Algérie 2026", yegukana umwanya wa kabiri
Umunyarwanda Masengesho Vainqueur yegukanye umwanya wa kabiri muri Tour d’Algérie 2026
Isiganwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare ryaberaga muri Algeria, Tour d’Algérie 2026, ryasojwe kuri iki cyumweru tariki 26 Mata 2026, ryambika ikamba ry’ishimwe Umunyarwanda Masengesho Vainqueur wegukanye umwanya wa kabiri ku rutonde rusange.
Uyu musore w’imyaka 24, wari uyoboye bagenzi be bo mu Ikipe y’Igihugu (Team Rwanda), yagaragaje imbaraga zidasanzwe mu ntera y’ibilometero 1,282 byari bigize uduce 10 tw’iri siganwa ryari rimaze iminsi 10 rikinwa.
Masengesho Vainqueur yaje ku mwanya wa kabiri akurikiye Umunya-Indonesia, Dimas Nur Fadhil Rizqi ukinira ikipe ya Jakarta Pro Cycling Team. Rizqi wegukanye iri siganwa riri ku rwego rwa 2.2, yakoresheje amasaha 26 n’amasegonda 28, asiga Masengesho amasegonda 19 gusa.
Iri rushanwa ryari rikomeye cyane dore ko ryari ryitabiriwe n’abakinnyi 105 baturuka mu makipe 18 atandukanye. Mu makipe y’ibihugu yaryitabiriye harimo u Rwanda, Tunisia, n’iya Oman.
U Rwanda rwitabiriye iri siganwa rwishingikirije cyane abakinnyi bakiri bato (bari munsi y’imyaka 23), uretse Masengesho Vainqueur wenyine wari ufite imyaka 24.
Abandi Banyarwanda bitwaye neza babashije gusoza isiganwa ni:
- Ntirenganya Moïse: Umwanya wa 23
- Ufitimana Shadrack: Umwanya wa 27
- Uhiriwe Espoir: Umwanya wa 40
- Twagirayezu Didier: Umwanya wa 47
- Nshutiraguma Kevin: Umwanya wa 55
Muri rusange, abakinnyi 82 nibo babashije gusoza uduce twose uko ari 10 mu 105 bari batangiye isiganwa, ibyo bigaragaza uburemere bw’iri siganwa u Rwanda rwaherukaga kwitabira mu mwaka wa 2024.
Kuba Masengesho yaraje ku mwanya wa kabiri ndetse n'ikipe y'u Rwanda igasoza yose (Finishing as a team), ni ikimenyetso cy'uko ubumenyi n'imyiteguro by'abakinnyi bakiri bato mu Rwanda bikomeje kuzamuka. Ibi bitanga icyizere gikomeye mu gihe u Rwanda rurimo kwitegura andi masiganwa akomeye ku mugabane wa Afurika n’ahandi.






