Perezida Tshisekedi mu nzira zitavugwaho rumwe zo guhindura itegeko nshinga
Perezida Tshisekedi mu nzira zitavugwaho rumwe zo guhindura itegeko nshinga
Perezida Félix Tshisekedi ntabwo yahakanye ko hashobora kuvugururwa Itegeko Nshinga nyuma y’amezi atanu habaye amatora rusange n’imyaka ine mbere yo kurangira kwa manda ya kabiri n’iya nyuma ya perezida.
Mu ruzinduko rwe rw’i Burayi rwamujyanye mu Budage, u Bufaransa n’u Bubiligi kugira ngo abonane n’abafata ibyemezo na diaspora, Tshisekedi yatangaje ko hashyizweho komisiyo igomba gutekereza ku Itegeko Nshinga rishya. Itangazo ryahangayikishije abatavuga rumwe n’ubutegetsi na sosiyete sivili.
Abajijwe n’abagize Diaspora y’Abanyekongo i Buruseli ku bijyanye n’uko hashobora guhinduka Itegeko Nshinga, perezida ntiyabihakanye ahubwo atangaza ko ashaka Itegeko Nshinga “rikwiye igihugu cyacu”. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi basanzwe bafite ubwoba ko perezida ashobora gukuraho umubare wa manda yemerewe ku butegetsi.
Depite Christian Mwando uyobora itsinda ry’abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Nteko ishinga amategeko, abona ari “ukugerageza manda ya gatatu kandi ibyo ntidushobora kubyemera kandi ntituzabyemera. Ibi ni ukubura ubuyobozi rwose. Tshisekedi agomba gufata inshingano ze kuri Repubulika kandi ntahore ashinja abandi kandi ntagomba gushinja ibyanditswe. Ibyanditswe birasobanutse, ibyanditswe ni byiza. Hamwe n’ubwiganze bw’aba Staliniste, byari bikwiye gushyira igihugu kuri gahunda ariko ntibyabikoze. Nta muntu agomba gushinja cyangwa Itegeko Nshinga. »
Jean-Claude Katende wo mu ishyirahamwe nyafurika riharanira uburenganzira bwa muntu (Asadho), yemeza ko hamwe n’iri tangazo perezida yarenze umurongo nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.
Ati: “No muri union sacrée (ihuriro riri ku butegetsi), hari benshi batazemera ko umubare wa manda uhinduka, ko igihe cya manda n’uburyo bwo kugena perezida bihinduka. Gufungura uyu muryango byaha ubuzimagatozi umuntu wese wakoresha n’uburyo butemewe mu kurengera Itegeko Nshinga.
Kuva yatangira imirimo ye muri Mutarama muri manda ye ya kabiri, Perezida Félix Tshisekedi yakomeje gushinja Itegeko Nshinga kuba nyirabayazana yo kudashinga inzego za politiki. Ibiro by’Inteko Ishinga Amategeko biracyagoye gushyirwaho, Minisitiri w’intebe washyizweho, hashize ukwezi, ntarashyiraho guverinoma ye, ishyirwaho ryayo bivugwa ko rishingiye cyane cyane ku byemezo bya perezida.





