Rayon Sport yasezereye Police FC mu gikombe cy'amahoro

Mar 19, 2026 - 21:07
 0
Rayon Sport yasezereye Police FC mu gikombe cy'amahoro

Rayon Sport yasezereye Police FC mu gikombe cy'amahoro

Mar 19, 2026 - 21:07

Ikipe ya Rayon Sport yageze muri 1/2 cy'amahoro isezereye Police FC kuri penalite 4 kuri 2.

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 19 Werurwe 2026, waje kurangira igice cya mbere ari ubusa ku busa nyuma yo kugerageza kwinjizanya bikaba ingorabahizi ku mpande zombi.

Igice cya kabiri nacyo cyarangiye amakipe yombi akomeje kunganya ubusa ku busa nubwo ikipe ya police yagiye igerageza kugera imbere y'izamu rya Rayon Sport ariko umuzamu Olivier Kwizera akaba ibamba ari nako ku basore b'ikipe ya Rayon Sport bagendaga basatira izamu rya Police FC ariko kunyeganyeza izamu bikanga.

Nyuma yo kunanirwa kwinjizanya igiteranyo cy'imikino yose(ubanza n'uwo kwishyura) cyakomeje kuba ubusa ku busa kuko uwabanye nabwo aya makipe yari yaguye miswi bituma hifashishwa penalite.

Kwizera Olivier yongeye kwigaragaza ku mukino wa Rayon Sport na Police Fc

Abasore ba Rayon Sport baje kwitwara neza kuko binjije penalite 4 kuri 2 za Police FC bigatuma babona itike ibageza muri 1/2 cy'igikombe cy'amahoro aho bazahura na Gorilla FC.

Rayon isanze muri iki cyiciro amakipe arimo APR FC yageze muri 1 cya 4 isezereye Gasogi United kuwa 18 Werurwe 2026 ku ntsinzi y'ibitego 4 ku busa bwa Gasogi United.

Rayon Sport yasezereye Police Fc mu gikombe cy'amahoro.