Ruswa yafungishije burundu uwahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe rya ruhago

Mar 26, 2024 - 11:20
 0
Ruswa yafungishije burundu uwahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe rya ruhago

Ruswa yafungishije burundu uwahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe rya ruhago

Mar 26, 2024 - 11:20

Uwahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Bushinwa (CFA), Chen Xu­yuan, yakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kwakira ruswa.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 26 Werurwe 2024, ni bwo Urukiko rwo mu Ntara ya Hubei rwahamije uyu mugabo ibyaha bya ruswa byari bimaze igihe bikorwaho iperereza.

Uruhererekane rw’ibyaha ashinjwa byakozwe hagati ya 2010 na 2023, ubwo yakiraga ruswa y’akabakaba miliyoni 11$ mu bikorwa byose yanyuzemo nk’umuyobozi.

Bivugwa ko ruswa nyinshi uyu mugabo yafashe hari hagati ya Gashyantare 2011 na Kamena 2019, ubwo yari umuyobozi w’ikigo cya Shanghai International Port Group.

Ibyo byakomereje ku ntebe y’ubuyobozi bwa CFA, aho amakipe agera ku icyenda bigaragara ko yayahesheje ibyangombwa byo gukina binyuranyije n’amategeko ndetse bikaganisha ku musaruro mubi w’Ikipe y’Igihugu.

Ibi bije bikurikira ifungwa rya burundu kuri Li Tie wakiniye Everton FC ndetse akanaba Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bushinwa wemeye ko yatanze ruswa ingana n’ibihumbi 381$ kugira ngo abone akazi ko gutoza u Bushinwa kuri manda ya Chen Xu­yuan.

Chen Xu­yuan wayoboye Ishyirahamwe rya Ruhago mu Bushinwa yakatiwe gufungwa burundu kubera ruswa
H. Rene Maurice I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783348461