Umunyarwenya Jay Squeezer ari gushima Imana nyuma yo kurokoka ibitero by’abagizi ba nabi

Apr 13, 2026 - 22:57
 3
Umunyarwenya Jay Squeezer ari gushima Imana nyuma yo kurokoka ibitero by’abagizi ba nabi

Umunyarwenya Jay Squeezer ari gushima Imana nyuma yo kurokoka ibitero by’abagizi ba nabi

Apr 13, 2026 - 22:57

Mu byishimo bidasanzwe Jay Squeezer wa Mipango yavuze ko ari gushima Imana yamukijije amaboko y'ibitero by'abagizi ba nabi bamukubise bakamusiga ari indembe hafi yo gupfa.

Abinyujije ku mbugankoranyambaga ze, Jay Squeezer Kasuku wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu wa 13 Mata 2026, yatewe n’abantu batabashije kumenyekana mu rugo rwe aho atuye muri Leta ya Arizona muri Amerika, akomeza avuga ko iryo tsinda ry’abagizi ba nabi, bamukubise bakamusiga ari intere.

Avuga ko ari itsinda ry’abasore batatu bari bambaye ibihisha amasura yabo, gusa icyo yibuka ni uko bavugaga Ikinyarwanda nubwo atamenye abo aribo.

Kasuku yavuze ko yishimye kandi ari no gushima Imana yamurinze nyuma yo guterwa n'abagizi ba nabi bakamukubita bakamusiga ari intere aho avuga ko byashobokaga ko yari kuhasiga ubuzima.

Ibi akaba yabitangaje nyuma y’amasaha 15 yari aheruka ku mbuga nkoranyambaga ze mbere nyuma y'uko yibasiwe bikomeye atyo.

Jay Squeezer cyangwa se Jay Squeezer Wamipango ni umunyarwenya, akaba n'umuntu uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga (influencer/content creator) mu Rwanda. Akaba yaramenyekanye cyane binyuze mu kiganiro cye gica ku muyoboro witwa: Kasuku Media TV ku mbuga nkoranyambaga. Aho akunda gutangaza amakuru agezweho (hot news/inkuru zihuse) yibanda cyane ku buzima bw'abantu bazwi (showbiz), imyidagaduro, ndetse n'ibindi bintu bitandukanye bivugwa.

CYIZA Theogene Accomplished Journalist at BIGEZWEHO , Delivering impactful, ethical storytelling with clarity, insight, and a global outlook. Tel: +250791972215 | Email: cyizatheogene777@gmail.com