Amasaha yo gufunga utubari, utubyiniro na resitora yongerewe mu minsi mukuru
Amasaha yo gufunga utubari, utubyiniro na resitora yongerewe mu minsi mukuru
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko mu rwego rwo kwishimira Iminsi Mikuru isoza umwaka, amasaha yongerewe kuri serivisi zitangwa mu ijoro zirimo utubari n’utubyiniro na resitora.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko mu rwego rwo kwishimira Iminsi Mikuru isoza umwaka, amasaha yongerewe kuri serivisi zitangwa mu ijoro zirimo utubari n’utubyiniro na resitora.
RDB yemeje ko amasaha yo gufunga mu mibyizi ari saa cyenda z’ijoro (kuva ku wa Mbere kugera ku wa Kane).
Ni mu gihe ku wa Gatanu, impera z’icyumweru n’iminsi y’ibiruhuko serivisi zizajya zitangwa amasaha 24 kuri 24.
Muri iryo tangazo, RDB yubukije ko amabwiriza asanzwe arimo kugabanya urusaku no kudatanga cyangwa kutanywa inzoga ku bantu bari mu munsi y’imyaka 18, azakomeza kubahirizwa.
Abaturarwanda basabwe ko bakwiye kunywa mu rugero kandi barikinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha no guha inzoga umuntu bigaragara ko yasinze.





